CNLG iramagana ubutumwa bw'ivangura n'amacakubiri bukomeje kugaragara kubera irushanwa rya Miss Rwanda 2019

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bakomeje kunyuza ubutumwa bw’amacakubiri n’ivangura ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ubukomeje kugaragara bufite aho buhuriye n’irushanwa rya Miss Rwanda 2019 iyi komisiyo yemeza ko ari icyaha kandi gihanwa n’amategeko y’u Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo yashyize aharagara kuri uyu wa Gatanu, itariki 25 Mutarama.

Iri tangazo riragira riti :

Ishingiye ku 
irangashingiro ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2005, aho rigira riti ‘’TWIYEMEJE gukumira no guhana icyaha cya Jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside, kurandura burundu ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyo igaragariramo byose, amacakubiri n’ivangura bishingiye ku moko, ku turere n’ibindi ibyo ari byo byose”;


Ishingiye

 kandi ku mahame remezo no kwishakamo ibisubizo y’Itegeko Nshinga ryavuzwe haruguru, cyane cyane mu ngingo yaryo 10, mu gace kayo ka 1 n’aka kabiri. Agace ka 1 kagira kati‘’Gukumira no guhana icyaha cya Jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya  bya Jenoside, kurandura burundu ingengabitekerezo ya Jenoside  n’ibyo igaragariramo byose”. Agace ka kabiri kagira kati’’Kurandura burundu ivangura n’amacakubiri bishingiye ku bwoko, akarere n’ibindi, no gushyira imbere ubumwe bw’abanyarwanda”;


Ishingiye

 ku nshingano ihabwa n’Itegeko ñ„– 09/2007, rigena inshingano n’imiterere bya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside , mu ngingo yaryo ya 04, agace ka 1 n’aka 5;


Ihereye 

ku butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambuga bwanditswe n’uwitwa cyangwa uwiyita NKURIKIYIMANA Alan Hubert aho yagize ati”Igihe Niki abahutu nabo bagatorwa muri nyampinga josiane x100 we are together ikamba rigomba kuba iryawe igihe abatutsi batorewe birarambiranye”;


Ihereye 

kandi ku butumwa bwanditswe n’uwitwa cyangwa wiyita SONGA James bwacishijwe ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, bugira buti”Ntamuhutukazi wabaye miss rwose ise yaraguye tingitingi nyuma yo kunywa amaraso yabana binzirakarengane, ndarivuze ndamaze”, ubu bukaba ari bumwe mu butumwa bwinshi bugenda bunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga, aho hatangiriye irushanwa ryo guhatanira kuba Nyampinga w’u Rwanda;

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, nk’Urwego rwa Leta rufite inshingano yo Kurwanya Jenoside, Ingengabitekerezo yayo, n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, hamwe n’icyaha cy’ivangura n’icyo gukurura amacakubiri, ikaba yamaganye ubu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye kuko burimo ivangura n’amacakubiri, bukaba ndetse byashobora guhembera Ingengabitekerezo ya Jenoside;

 
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside iboneyeho gusobanurira Abanyarwanda ko irushanwa ryo guhitamo Nyampinga w’u Rwanda ridashingiye ku bwoko ubu n’ubu ahubwo ni irushanwa ryitabirwa n’Abanyarwanda bose bumva babifitiye ubushobozi. Irasaba Abanyarwanda kwirinda ikintu cyose gishobora gutanya abantu gishingiye ku bwoko, uturere n’ibindi.

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside iboneyeho kandi gusaba Abanyarwanda kudashyira irushanwa ryo guhatanira kuba Nyampinga w’u Rwanda mu bitekerezo bigamije gukurura ivangura n’amacakubiri kuko ubu Igihugu cy’u Rwanda kiri mu rugendo rwo kubaka umuryango nyarwanda wasenywe bikomeye na Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari yo mpamvu nta muntu numwe ukwiye gukomeza gukinisha amagambo nk’aya agamije gusubiza u Rwanda mu bihe bibi.

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside kandi iboneyeho gusaba Abanyarwanda kwirinda bene aya magambo kuko agize ibyaha bihanwa n’amategeko. Igarutse ku magambo yavuzwe na NKURIKIYIMANA Alan Hubert ngo”Igihe Niki abahutu nabo bagatorwa muri nyampinga josiane x100 we are together ikamba rigomba kuba iryawe igihe abatutsi batorewe birarambiranye”. Aya magambo ye agize icyaha cyo gukurura amacakubiri kuko agamije gushyamiranya abanyarwanda. Icyaha cyo gukurura amacakubiri giteganywa kandi kigahanishwa ingingo y’164 y’Itegeko NÂș68/2018 ryo ku wa 30/08/2018, riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, aho igira iti:


‘’Umuntu ukoresha imvugo, inyandiko, cyangwa igikorwa icyo ari cyo cyose gitanya abantu, byatuma abantu bashyamirana, cyangwa bigatera intugunda mu bantu, bishingiye ku ivangura aba akoze icyaha.


 Umuntu uhamijwe n’urukiko gukora kimwe mu bikorwa bimaze kuvugwa muri iyi ngingo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu

y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW).”

 Naho ku birebana  n’icyaha cy’ivangura giteganywa n’ ingingo y’163 y’Itegeko NÂș68/2018 ryo ku wa 30/08/2018, riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, iteganya ko Umuntu wese ukoze kimwe mu bikorwa bikurikira, aba akoze icyaha cy’ivangura:


‘’

 igikorwa kibangamira umuntu umwe cyangwa abantu benshi cyangwa gitandukanya umuntu cyangwa abantu benshi hashingiwe ku isano muzi, ubwoko, inkomoko, umuryango, inzu, ibara ry’uruhu, igitsina, akarere, ubwenegihugu, idini, ibitekerezo bya politiki, ibyiciro by’ubukungu, umuco, ururimi, imibereho muri sosiyete, ubumuga bw’umubiri cyangwa bwo mu mutwe cyangwa isura y’umubiri.’’

nk’urugero aho uwitwa Carpophore Rwirangira 

yanditse ngo ‘’ Rubanda Nyamwinshi, Mbwirabumva, ngo barashaka Miss wabo. Ibaze ni ukuri. Ngewe mbona abahutu batanyurwa. Yababaaaa.”

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside irasaba kandi Abanyarwanda kureka gusanisha uwakoze icyaha n’abamukomokaho kuko icyaha ari gatozi, bikaba kandi ari ihame riri mu Itegeko Nshinga Abanyarwanda bose bitoreye muri referendum yo muri 2015. Aha dutanze urugero uwitwa SONGA James asanisha Mwiseneza Josiane na se wakoze Jenoside, niba na byo ari byo!Yagize ati‘’ Ntamuhutukazi wabaye miss rwose ise yaraguye tingitingi nyuma yo kunywa amaraso yabana binzirakarengane, ndarivuze ndamaze”, arongera na none ‘’Nta kamba kwa rukarabankaba”.

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside isabye buri wese kureka ibitekerezo by’ubuhezanguni kuko bishobora kongera gusenya u Rwanda nk’uko nazisme yasenye Isi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Murakoze, murakarama.

 


Dr BIZIMANA Jean Damascene


Umunyamabanga Nshingwabikorwa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *