Col Blaise Nimpagaritse yakatiwe gufungwa burundu, anacibwa indishyi ya miliyoni 30

Sangiza iyi nkuru

Lt Col Blaise Nimpagaritse wo mu ngabo z’u Burundi, yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umusore wakoraga mu kabari.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Col Nimpagaritse yishe umusore w’imyaka 24 y’amavuko witwa Nimubona Lionel, wo muri Komini ya Rusaka ho mu ntara ya Mwaro amwiciye mu mujyi wa Bujumbura.

Amakuru avuga ko intandaro yo kugira ngo uriya musirikare yice uriya musore yabaye iy’uko yatse inzoga mu kabari yakoragamo akazimwa, yashaka kuzifata muri firigo n’imbaraga abari aho bakamutesha.

Col Ntimpagaritse yimwe inzoga kubera ko byagaragaraga ko yasinze, ikindi amasaha akaba yari yamaze gukura kuko byari bimaze kugera saa munani z’igicuku.

Uyu musirikare nyuma yo kwimwa inzoga byabaye ngombwa ko yikoza iwe mu rugo azana imbunda ebyiri, birangira arashe amasasu abiri Nimubona aramwica.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Lt Col Blaise Ntimpagaritse yatawe muri yombi, ahita afungwa.

SOS Media Burundi ivuga ko kuri uyu wa Mbere ari bwo yahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bwateguwe, akatirwa igifungo cya burundu.

Urukiko kandi rwategetse ko uyu musirikare atanga miliyoni 30 z’Amarundi, nk’indishyi y’akababaro igomba guhabwa umuryango wa nyakwigendera.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *