postohead_20260121_061730_0000_copy_1000x654

Col. Patrick Rakotomamonjy yatawe muri yombi akekwaho kugerageza ‘coup d’état’

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa Madagascar bwemeje ko Colonel Patrick Rakotomamonjy uri mu basirikare bakuru muri kiriya gihugu yatawe muri yombi, akaba akekwaho kugira uruhare mu mugambi wo kugerageza guhungabanya ubutegetsi no kugirira nabi abayobozi bakuru b’igihugu.

Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga, uyu musirikare yafashwe nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bikorwa bivugwa ko byari bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Bivugwa ko Rakotomamonjy ari umwe mu bantu bakomeye bakekwaho gutegura uwo mugambi, hamwe n’abandi basirikare n’abasivili batandukanye.

Amakuru akomeza avuga ko nyuma yo gufatwa, yajyanywe gufungirwa by’agateganyo mu kigo gifungirwamo abakekwaho ibyaha bikomeye, mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byo aregwa.

N’ubwo inzego z’ubushinjacyaha zemeje ko iperereza rikomeje, ntiziratangaza ibisobanuro birambuye ku byaha byose aregwa cyangwa igihe azagezwa imbere y’urukiko.

Abategetsi ba Madagascar batangaje ko bakomeje gushimangira umutekano w’igihugu, bakemeza ko “nta muntu n’umwe uzihanganirwa mu gihe yaba agerageje guhungabanya inzego za leta.”

Itabwa muri yombi ry’uriya musirikare uvugwaho gushaka guhirika ubutegetsi buyobowe na Colonel Michael Randrianirina, kuri ubu rikomeje gukurikiranirwa hafi n’abaturage ndetse n’abakurikirana politiki y’icyo gihugu, mu gihe hagitegerejwe ibisobanuro birambuye ku cyatumye uyu musirikare ukomeye afatwa.

Madagascar iheruka kubamo coup d’etat ya gisirikare mu mwaka ushize wa 2025, aho uwari Perezida wayo, Andry Rajoelina avanwe ku butegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *