-1x-1

Colombia: Umukandida ku mwanya wa Perezida yarasiwe muri mitingi

Sangiza iyi nkuru

Umukandida ku mwanya wa perezida muri Colombia mu ijoro ryakeye yarashwe inshuro eshatu harimo inshuro ebyiri mu mutwe, ubwo yari mu birori byo kwiyamamaza byabereye mu murwa mukuru, Bogota.
Kuwa Gatandatu, itariki ya 7 Kamena 2025, nibwo Miguel Uribe Turbay, w’imyaka 39, yagabweho igitero ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abantu bari bateraniye muri mitingi.

Ibitangazamakuru byaho bivuga ko Polisi yataye muri yombi umwana w’imyaka 15 ukekwaho icyaha nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.

Umugore we, Maria Claudia Tarazona, yahamagariye igihugu gusengera ubuzima bwe.

Ati: “Muri iki gihe Miguel ararwanira ubuzima bwe. Reka dusabe Imana kuyobora amaboko y’abaganga barimo kumuvura”.

Ishyaka rya Centro Democratico rya Uribe ryamaganye icyo gitero, rivuga ko “kibangamiye ubuzima bw’umuyobozi wa politiki … demokarasi n’ubwisanzure muri Colombia”.

Amashusho yashyizwe kuri internet asa nk’ayerekana umukandida igihe yaraswaga mu mutwe hagati mu ijambo rye, bigatuma abari bateraniye aho bahunga bafite ubwoba.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa byatangaje ko abashinzwe gutabara bavuze ko yarashwe mu ivi kabiri no mu mutwe. Yajyanywe mu ndege ku ivuriro rya Sante Fe aho abamushyigikiye bateraniye bagiye kwifatanya n’umuryango kumuba hafi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *