Colonel Damiba wari wateguje ko arigaranzura Captain wamukuye ku butegetsi yemeye kwegura

Sangiza iyi nkuru

Lieutenant Colonel Paul Henri Sandaogo Damiba uherutse guhirikwa ku butegetsi bw’inzibacyuho n’abasirikare bayobowe na Captain Ibrahim Traoré, yemeye kwegura nyuma yo guteguza ko ari gutegura uko yakwisubiza ubutegetsi byihuse.

Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko Col. Damiba yasinyiye urupapuro rw’ubwegure ku birindiro by’ingabo za Burkina Faso zirwanira mu kirere i Ouagadougou mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Ukwakira 2022.

Gisobanura kandi ko gutangaza ubwegure bwa Col. Damiba ku mugaragaro birakorwa mu kanya kari imbere.

Ubutegetsi bw’uyu musirikare bwahiritswe tariki ya 30 Nzeri 2022. Yari abumazeho amezi 8 kuko yabugiyeho tariki ya 24 Mutarama ubwo yakuragaho Christian Kaboré wari Perezida w’iki gihugu.

Abasirikare bakuye Col. Damiba ku butegetsi bari batangaje ko afite umugambi wo kubwisubiza aturutse mu birindiro by’ingabo z’u Bufaransa biri Ouagadougou gusa Minisiteri y’u Bufaransa ishinzwe ububanyi n’amahanga yabihakanye, ivuga ko uyu musirikare adacumbikiwe kuri ibi birindiro.

Col. Damiba na we yifashishije imbuga nkoranyambaga, yahakanye gucumbikirwa n’ingabo z’u Bufaransa, asobanura ko aya makuru yahwihwishwe agamije uburozi bugamije kuyobya rubanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *