Covid-19 ituri hafi kubi!_Minisitiri Busingye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y‘u Rwanda, Busingye Johnston yongeye kwibutsa Abanyarwanda kuba maso no kutajenjekera ingamba zo guhangana na Covi-19.

Mu butumwa asanzwe agenera Abanyarwanda binyuze ku rukuta rwe rwa Twitter, Minisitiri Busingye akangurira Abanyarwanda guhorana amakenga no gukomeza guhangana n’icyorezo cyugarije u Rwanda n’Isi muri rusange.

Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 7 Nzeri 2020, yavuze ko Covid-19 iba buri hamwe, bityo avuga ko yegereye buri wese kurusha uko abitekereza. Yagize ati: ”Korona iba ituri hafi kubi! Mwe ntimwunva abandura bashya aho mutuye, aho mugenda, aho mukorera, mubo muziranye? Kuyikumira bibe buri gihe, buri hamwe, no kuri buri umwe.”.

Minisitiri Busingye yagereranije uburyo bwo kuraza abarenze ku mabwiriza n’amasomo atangwa na mwarimu mu gihe cy’ijoro “Cours du Soir”. Yagize ati: “Ubu haje amande, yiyongera kuri cours du soir/nuit..byose tubyirinde”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *