Cristiano Ronaldo yirukanwe mu bakinnyi Manchester United izifashisha ikina na Chelsea

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Cristiano Ronaldo, yavanwe mu bakinnyi ikipe ya Manchester United igomba kwitabaza ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ihura na Chelsea.

Iyi kipe y’umutoza Erik ten Hag izaba yasuye Chelsea i Stamford Bridge, mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona y’Abongereza.

Manchester United mu itangazo yasohoye muri uyu mugoroba, yavuze ko “Cristiano Ronaldo ntabwo azaba ari mu bagize ikipe ya Manchester United izakina umukino wo ku wa Gatandatu wa Chelsea. Abakinnyi bandi basigaye mu kipe bibanze cyane mu gutegura uwo mukino.”

Manchester United ntiyigeze itangaza impamvu Ronaldo atazakina uriya mukino, gusa bibaye nyuma y’imyitwarire yaraye agaragaje ubwo iyi kipe yatsindaga Tottenham ibitego 2-0 mu mukino wa shampiyona.

Cristiano utigeze akinishwa uyu mukino, yivumbuye yisubirira mu rwambariro ubwo umukino wari ukiri ku munota wa 89. Byari nyuma yo kumara igihe kinini yishyushya ariko umutoza Ten Hag bikarangira nta mwanya amuhaye.

Ukwivumbura kwa Cristiano Ronaldo kwatumye bamwe mu bafana ba Manchester United bamurakarira cyane, bavuga ko ibyo yakoze ari ukubahuka iriya kipe ndetse no kugaragaza ko ayirenze.

Umutoza Erik ten Hag yasobanuye ko impamvu atigeze aha umwanya uriya munya-Portugal ari uko abakinnyi 11 yabanje mu kibuga ndetse n’abo yinjije mu kibuga basimbura bamukiniye uko abyifuza.

Uyu Muholandi yari yavuze ko ikibazo cya Cristiano Ronaldo aza kucyiraho kuri uyu wa Kane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *