Cristiano Ronaldo yivumbuye, ataha umukino wa Manchester United utararangira

Sangiza iyi nkuru

Cristiano Ronaldo ukomeje kutishimira uburyo afashwe n’ikipe ya Manchester United, yaraye yivumbuye ataha umukino iyi kipe yakinagamo na Tottenham Hotspur utararangira.

Manchester United yari yakiriye Tottenham i Old Trafford, mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona y’Abongereza warangiye itsinze ibitego 2-0.

Ibitego by’umunya-BrĂ©sil Fred ndetse n’umunya-Portugal Bruno Fernandes ni byo byafashije iriya kipe y’umutoza Erik ten Haag kwegukana amanota atatu y’uriya mukino, iguma ku mwanya wa gatanu n’amanota 19. Manchester United kuri ubu irarushwa inota rimwe na Chelsea ya kane, gusa zombi zikaba zimaze gukina imikino 10.

Muri uriya mukino Cristiano Ronaldo yari yabanje ku ntebe y’abasimbura nk’ibisanzwe, gusa akaba yari yizeye ko isaha n’isaha ashobora kwinjira mu kibuga asimbura.

Mu gice cya kabiri cy’umukino Cristiano Ronaldo yagaragaye igihe kirekire yishyushya, gusa birangira umutoza Ten Haag atamushyize mu kibuga.

Ni ibyababaje uriya munya-Portugal umaze igihe atishimiye kuba atagihabwa umwanya uhagije wo gukina, ahitamo kwisubirira mu rwambariro ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 89.

Umutoza Erik ten Haag nyuma y’umukino, yabwiye Amazon Prime ko ibyo Cristiano yakoze ari bubyiteho kuri uyu wa Kane.

Ati: “Biriya simbitindaho, nzabyitaho ejo. Ndashaka kwita cyane ku kipe. Nari mfite ikipe y’abakinnyi 11 beza cyane. Ni ngombwa ko nikosora. Abakinnyi binjiye basimbura na bo bakinnye neza cyane. Ndatekereza ko icyo twabonye ari abakinnyi 11 bugarira ariko bakanasatira. Nanezerewe.”

Mu banenze Cristiano Ronaldo harimo Danny Mills wakiniye ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ndetse n’amakipe atandukanye muri Premier league wagaragaje ko ibyo uriya munya-Portugal yakoze ari ukwerekana ko akomeye gusumbya ikipe.

Yavuze ko ibyo yakoze ari igisebo gikomeye cyane, kuko ari “kubahuka ikipe, umutoza n’abafana.”

Danny Mills yakomeje avuga ko iyo Cristiano aza kwivumbura ikipe yatsinzwe byari kugira ishingiro, gusa kuba yari imbere n’ibitego 2-0 bikaba ntacyo bimaze.

Yunzemo ati: “Biragaragara ko atekereza ko aruta ikipe y’umupira w’amaguru…ni igikorwa cyo kwikunda nyuma yo kutabigiramo [mu ntsinzi] uruhare.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *