Cristiano Ronaldo umaze iminsi adakina kubera icyorezo cya Covid-19 aheruka kwandura, yatangaje ko yongeye kwandura icyo cyorezo bigasobanura ko atazagaragara mu mukino wa UEFA Champions league Juventus akinira izahuriramo na FC Barcelona mu cyumweru gitaha.
Inkuru y’uko Ronaldo yanduye kiriya cyorezo iri kugarukwaho n’ibitangazamakuru byiganjemo ibyo mu gihugu cya Espagne.
Tariki ya 13 Ukwakira ni bwo Ronaldo yari yanduye Covid-19, bituma asiba imikino itatu irimo uwo ikipe y’igihugu cye cya Portugal yatsinze Suède ndetse n’indi ibiri Juventus yakinnye na Crotone cyo kimwe na Dynamo Kiev.
Mu busanzwe amabwiriza ya UEFA avuga ko umukinnyi agomba gupimwa ibisubizo bikagaragaza ko atagifite Covid-19, byibura mbere y’icyumweru kugira ngo yongere gukina.
Hari amakuru avuga ko Cristiano atubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19, gusa uyu munya-Portugal yayabeshyuje avuga ko yakoze ibyo asabwa byose.
Aganira na Turin Villa yagize ati: “Hari umuntu umwe hano mu Butaliyani ntashatse kuvuga wavuze ko ntubahirije amabwiriza, icyo ni ikinyoma. Nubahirije amabwiriza yose kandi nzakomeza kuyubahiriza. Umutimanama wanjye urumvikana…buri kimwe nakoze kiremewe.”
Kuba Cristiano yanduye Coronavirus bisobanuye ko atazahura na Lionel Messi ku wa Gatatu. Bisobanuye kandi ko atazakina umukino Juventus izahuramo na Genoa ku cyumweru.


