Dani Alves usanzwe ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Brazil ndetse na FC Barcelona, ari mu mazi abira nyuma y’uko ari gushinjwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina yaba yarakoreye umugore wo muri Espagne mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2022.
Nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters cyo mu Bwongereza cyabitangaje, urukiko rw’i Barcelona rwatangaje ko rwatangije urubanza ku cyaha Dani Alves aregwa cyo gusambanya ku gahato biturutse ku kirego cyatanzwe n’umugore uvuga ko yakorewe ihohoterwa n’uyu mukinnyi ubwo bari muri kamwe mu tubyiniro two muri Espagne.
Ubwo Reuters yaganiraga n’umuvugizi wa Dani Alves kugira ngo agire icyo abivugaho, yavuze ko uyu mukinnyi ahakana yivuye inyuma ibyaha byose aregwa.
Kugeza ubu uyu myugariro Dani Alvez ari muri Mexique, aho akinaira ikipe yitwa Pumas UNAM.


