screenshot_2024-03-26_084021.png

Dani Alves yarekuwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyabigwi muri ruhago cyane cyane mu ikipe ya FC Barcelona, Dani Alves yarekuwe nyuma yo kwishyura miliyoni y’ingwate.

Dani Alves w’imyaka 40 yarekuwe n’urukiko rwo muri Espagne nyuma yo kwishyura ingwate yatswe n’urukiko.

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 25 Werurwe 2024 nibwo uyu mugabo yasohotse muri gereza nyuma y’uko yari amazemo umwaka umwe urengaho gato.

Dani Alves yahamwe n’icyaha cyo gusambanya umugore ku gahato aho yahise akatirwa imyaka ine n’igice muri gereza.

Yafashwe muri 2023 gusa yaje gukatirwa mu ntangiriro za 2024 ubwo yahamwaga n’icyaha.

Nyuma y’uko amaze kimwe cya kane cy’igihe yari gufungwa muri gereza, urukiko rw’i Barcelona rwamwemereye gutanga ingwate ya miliyoni imwe kugira ngo arekurwe by’agateganyo.

Ayo mafaranga yari yemewe gutangwa na se wa Neymar gusa ntabwo byaje kumworohera.

Alves yarekuwe nyuma y’uko inshuti ye, Memphis Depay imwishyuriye miliyoni y’ama-euro.

Nubwo yarekuwe, ntabwo yemerewe gusoka igihuga kuko impapuro ze z’inzira zose zafatiriwe n’urukiko.

Yategetswe kandi kujya yitaba urukiko buri cyumweru ndetse ntabwo yemererewe kwegera uwo yahohoteye.screenshot_2024-03-26_084021.pngscreenshot_2024-03-26_084202.pngscreenshot_2024-03-26_084321.png

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *