David Luiz, umusore ukomoka mu gihugu cya Brezil akaba akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, wari warahawe n’abaganga amezi abiri yo kuvurwa imvune yagize mu ivi, ubu bamwongereyeho ibyumweru bitatu.
David yavunitse mu ivi, yari yahawe igihe cyo kwivuza cy’amezi abiri, ubu bikaba bitamukundiye kugaruka mu kibuga, dore ko benshi bari bamutegereje mu mikino iyi kipe ifite vuba.
Umutoza w’ikipe ya Chelsea, Antonio Conte, aganira n’itangazamakuru yagize ati “byibura mu byumweru bitatu nibwo yagaruka mu kibuga”.
Yakuriye inzira ku murima abatekerezaga ko uyu musore azakina umukino w’umunsi wa 32 wa shampiyona yo mu Bwongereza, aho Chelsea izaba ikina na Tottenham ku wa 1 Mata 2018.
David Luiz yavunitse ku wa 5 Gashyantare 2018, ubwo Chelsea yakinaga na Watford, umukino ukarangira ari ibitego 4-1 Â Watford.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Â
Â
Â


