Denise Nkurunziza yatangaje ko atigeze avuga ko umugabo we yishwe

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi, Pasiteri Denise Bucumi Nkurunziza, yanyomoje abavuga ko yavuze ko umugabo we yapfuye yishwe.

Ni igisubizo yahaye uwamubarije mu kiganiro yagiriye kuri radiyo Ijwi ry’Amerika niba koko yarasabye ko umurambo w’umugabo we upimwa n’abaganga kugira ngo hakemenyekane ukuri ku cyamwishe.

Kuri iki kizamini kizwi nka ‘autopsy’, Denise yagize ati: “Arambeshyeye ntayo nasabye , ahubwo nahise mbwira Abarundi bose, mbabwira yuko nta wakumva ngo yishwe n’abantu. Ntabwo njyewe nigeze mvuza induru ngo ni bande bamwishe.”

Denise yakomeje asobanura ko igihe cyari kigeze. Ati: “Ni ukuri igihe cyari kigeze, yararwaye hanyuma arapfa. Sinigeze nsaba ngo bapime, sinigeze mvuga ko hari uwamwishe, n’uyu munsi nta muntu navuga ngo yaramwishe. Nabyakiriye uko byagenze.”

Tariki ya 8 Kamena 2020 ni bwo Leta y’u Burundi yatangaje ko Pierre Nkurunziza yapfiriye mu bitaro bya Karuzi, azize indwara y’umutima. Yaburaga iminsi mike ngo asimburwe ku butegetsi na Evariste Ndayishimiye wari uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *