93e923a0-d750-11ef-9fd6-0be88a764111

Donald Trump yarahiriye kuyobora Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 yarahiriye kuyobora iki gihugu nka Perezida wacyo wa 47.

Ibirori byo kumurahiza byabereye mu nyubako ya Capitol isanzwe ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Byitabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye, barimo Barack Obama na Joe Biden babaye ba Perezida ba Amerika.

Trump warahiriye rimwe na Visi-Perezida we, JD Vance, mu ijambo yavuze nyuma yo kurahira yiyemeje kuzashyira Amerika imbere.

Ati: “Umwaka wa zahabu wa Amerika utangiye magingo aya. Kuva uyu munsi, igihugu cyacu kigiye gusugira kinubahwe. Rwose nzashyira Amerika imbere.”

Perezida Trump yakomeje avuga ko ku butegetsi bwe Amerika izisubiza ubusugire bwayo.

Ati: “Ubusugire bwacu buzagarurwa, umutekano wacu ugarurwe, umunzani w’ubutabera uzongera kongererwa imbaraga.”

Yunzemo ati: “Gukoresha ubutabera bwacu nk’intwaro y’urugomo n’akarengane bizarangira. Icyo dushyize imbere ni ukubaka igihugu gifite ishema, giteye imbere kandi gifite umudendezo.”

Yikomye ubutegetsi bwa Biden n’abimukira 

Perezida Donald Trump mu ijambo rye yanatanze isezerano ry’uko ku butegetsi bwe “vuba aha Amerika izongera kuba igihangange mu buryo bwihariye birenze uko yahoze.”

Yavuze ko agarukanye ku butegetsi icyizere cy’uko igihugu cye kigiye gutangira urugendo rushya rwo kugera ku byiza.

Ati: “Izuba riri kurasira Isi yose, bityo Amerika ifite amahirwe yo kubyaza umusaruro aya mahirwe kuruta uko bitigeze biba.”

Trump wanatanze isezerano ry’uko agiye kongera kugira Amerika igihugu cy’igikire, yanenze ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden yasimbuye ku butegetsi kuba bwararinze “inkozi z’ibibi n’abanyabyaha ruharwa” avuga ko zinjiye muri Amerika mu buryo butemewe.

Yanenze kandi ubutegetsi bwa Biden “guha amafaranga adahagije” yo kurinda imipaka ya Amerika abanyamahanga, avuga ko abimukira bari muri Amerika bagomba gusubizwa iwabo.

Ati: “Nzashyiraho ibihe bidasanzwe ku mupaka wacu wo mu majyepfo. Abinjira mu gihugu cyacu mu buryo butemewe, bagomba guhagarikwa kandi tuzatangiza gahunda yo gusubiza miliyoni z’abanyabyaha aho baturutse. Nzohereza Ingabo mu majyepfo, mu gukumira abinjira mu gihugu cyacu mu buryo butemewe n’amategeko.”

Trump yavuze ko muri manda ye agomba guhindura icyo yise “ubugambanyi buteye ubwoba” abari ku butegetsi bakoreye Abanyamerika, yongeraho ko azaha abantu “kwizera kwabo, ubutunzi bwabo, demokarasi yabo n’ubwisanzure bwabo.”

Yunzemo ati: “Kuva uyu mwanya, gusubira inyuma kwa Amerika kurarangiye.”

Trump wayoboye Amerika hagati ya 2016 na 2020, yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu mu Ugushyingo 2024 atsinze Kamala Harris wo mu ishyaka ry’aba-democrates bari bahatanye mu matora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *