Kuri iki Cyumweru, uwahoze ari Perezida Donald Trump yahamagariye Perezida Joe Biden “kwegura biteye isoni” nyuma yuko abatalibani bafashe ubutegetsi muri Afuganisitani ku cyumweru.
Mu magambo ye, Trump yagize ati: “Igihe kirageze ngo Joe Biden yegure mu buryo buteye isoni kubera ibyo yemeye ko biba muri Afghanistan, hamwe no kwiyongera gukabije kwa COVID, ibibazo by’umupaka, gusenya ubwigenge bw’ingufu, ndetse n’ubukungu bwacu bwanegekaye”.
Yongeyeho ati: “Ntabwo bikwiye kuba ikibazo kinini, kuko nta nubwo yatowe mu buryo bwemewe n’amategeko.”
Nk’uko iyi nkuru dukesha NewsWeek ikomeza ivuga, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru kandi, Trump yari yasohoye irindi tangazo anenga ubuyobozi bwa Biden kubera kuvana ingabo z’Amerika muri Afghanistan.
Muri iryo tangazo yagize ati: “Ibyo Joe Biden yakoze muri Afghanistan ni umugani. Bizaba nka kumwe mu gutsindwa gukomeye mu mateka y’Amerika!”
Kuri iki Cyumweru, itariki 15 Kanama 2021, nibwo Guverinoma ya Afghanistan n’igisirikare byigaruriwe n’Abatalibani bamaze kwinjira mu murwa mukuru,Kabul, nyuma y’icyumweru kimwe gusa cy’imirwano bagenda bigarurira izindi ntara z’igihugu.
.


