Abahanga basobanura ko gukoresha agakingirizo ari ingenzi mu gihe umuntu yirinda kwandura indwara zandurira mu bibonano mpuzabitsina n’inda zitateguwe, gusa hari ubwo kugakoresha nabi bishobora gutuma umumaro wako utagerwaho uko bikwiye.
Ibyo bijyana no kuba hari abenshi mu bagabo batazi uko agakingirizo gakoreshwa, aho bihutira kukambara ubundi bakihutira kujya mu gikorwa, batitaye ku ngaruka zikomeye zishobora kubageraho.
Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho amakosa ashobora guteza ibibazo abagabo bakora bakoresha agakingirizo.
1. Kurangiza igikorwa batakikambaye
Kutarangiza igikorwa cyo gutera akabariro bambaye agakingirizo, ni rimwe mu makosa abagabo benshi bakora batitaye ku kuba bishobora kubateza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’uko urubuga Scooper News rubitangaza.
Bamwe mu bagabo bahitamo gukuramo agakingirizo ku bushake, mu gihe hari abo kavamo batabizi.
2. Gukoresha agakingirizo katarimo amavuta
Mu busanzwe inganda zikora udukingirizo zidukorana amavuta yo kuturinda kwangirika, gusa hari ubwo ayo mavuta ashobora kuvamo cyangwa akagabanyuka kubera Impamvu zitandukanye.
Hari ubwo abagabo bacikwa bagakoresha udukingirizo tutarimo amavuta ahagije, nyamara bishobora guteza ibyago by’uko agakingirizo gashobora gucika.
3. Gukoresha agakingirizo karangije manda
Inganda zikora udukingirizo zigena igihe tugomba kumara, ku buryo dushobora guteza ibyago mu gihe twaba dukoreshejwe nyuma y’icyo gihe.
Kutareba igihe agakingirizo kakorewe n’igihe kazarangiriza manda biri mu makosa abenshi mu bagabo bakora nyamara batazi ko bishobora guteza ibyago, bijyanye n’uko uko agakingirizo gata manda kagenda gatakaza ubudahangarwa bwako.
4. Kwambara agakingirizo mbere y’uko igitsina kigira umurego
Bijyanye n’ipfa ryo gukora imibonano mpuzabitsina, hari abagabo bihutira kwambara agakingirizo ibitsina byabo bitaragira umurego, ibyo bikaba bishobora gutuma igikorwa cyo gutera akabariro kitagenda neza.
Ni byiza ko umugabo yambara agakingirizo ari uko abona neza ko igitsina ke gifite umurego uhagije.
5. Kudasigira agakingirizo umwanya
Kudasiga umwanya muto ku mutwe w’agakingirizo ni irindi kosa abagabo bakora bambara agakingirizo, birengagije ko gashobora kujyamo umwuka kakaba katurika.
Abagabo bagirwa inama y’uko mu gihe bambara agakingirizo babanza gufata ku mutwe wako, hirindwa ko gashobora kujyamo umwuka kakaba katurikira mu gikorwa.
6. Kutamenya ingano y’agakingirizo
Kutamenya ingano ikwiye y’agakingirizo ko kwambara ni ikosa risanzwe abagabo benshi bakora. Hari ubwo agakingirizo gashobora kuba gato cyangwa kanini bitewe n’uko igitsina cy’ugakoresha kingana, bikaba byateza ibibazo.
7. Gukoresha tubiri icya rimwe
Gukoresha udukingirizo tubiri icyarimwe ni irindi kosa risanzwe abagabo bakora mugihe bakoresha agakingirizo. Ni ngombwa kumenya ko gukoresha udukingirizo tubiri bidatanga ubwirinzi bubiri, ko ahubwo byongera ibyago by’uko dushobora gucika.



42 Responses
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ibyo byose nubwo yabikurikirana neza ntibyamurinda icyaha. Gusambana biva Ku nshinga gusamba, kubera ko aba akorana icyo gikorwa n’undi muntu, hajyaho ingereka ngirana -na, bikaba gusamba-na (gusambana). Gusambana ni icyaha gijyana kukurimbuka.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
uravuga ukuri rwose ikiza umuntu yabireka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
uravuga ukuri rwose ikiza umuntu yabireka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Wa mwana we ugaragaje uburere n’ubupfura,ukomereze aho.ndi papa wawe nakwivuga imyato
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Wa mwana we ugaragaje uburere n’ubupfura,ukomereze aho.ndi papa wawe nakwivuga imyato
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ntabwo abagakoresha bose baba basambana kuko abashakanye bashobora kugahitamo nkuburyo bwo kuringaniza urubyaro
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ntabwo abagakoresha bose baba basambana kuko abashakanye bashobora kugahitamo nkuburyo bwo kuringaniza urubyaro
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Gashobora no gukoreshwa hagati y’abashakanye ariko!
Naho icyaha cyo: ushobora kudakora icy ‘ ubusambanyi ukagwa no mu kindi!
Ni ugukora igikwiye ku bwawe,kdi kitabangamiye abandi.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Gashobora no gukoreshwa hagati y’abashakanye ariko!
Naho icyaha cyo: ushobora kudakora icy ‘ ubusambanyi ukagwa no mu kindi!
Ni ugukora igikwiye ku bwawe,kdi kitabangamiye abandi.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ibi niki raaaa!? ko bavuze Amakosa akorwa n’abagabo mwikoreshwa nabi ry’agakingirizo se wigeze wumva haraho bavuga Abahehesi??? niba utarashaka komeza wifate rwose ni sawa; ariko nunashaka uzitegure ko mu buryo bumwe Cg ubundi muzakoresha mugira ibyo mushaka kwirinda; hazaba harimo agakingirizo, ndibwira rero ko hamwe nizi nama ugiriwe utazatungurwa????????!
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ibi niki raaaa!? ko bavuze Amakosa akorwa n’abagabo mwikoreshwa nabi ry’agakingirizo se wigeze wumva haraho bavuga Abahehesi??? niba utarashaka komeza wifate rwose ni sawa; ariko nunashaka uzitegure ko mu buryo bumwe Cg ubundi muzakoresha mugira ibyo mushaka kwirinda; hazaba harimo agakingirizo, ndibwira rero ko hamwe nizi nama ugiriwe utazatungurwa????????!
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Wichita ugwisha kugusambana hari nabaryamana byemewe namategeko, ndavuga abashakanye nabo bemerewe gukoresha agakingirizo, abakristo bubu musa nabari mubuyobe ntarasobanukirwa neza,
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Wichita ugwisha kugusambana hari nabaryamana byemewe namategeko, ndavuga abashakanye nabo bemerewe gukoresha agakingirizo, abakristo bubu musa nabari mubuyobe ntarasobanukirwa neza,
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Nonese wibazako gahunda ya leta iba itazibyobyose ariko kiriya ningenzi mukwirinda indwara zandurira mumibonano ahubwo nawe uzarusheho gushishikariza abandi kwirinda izondwara.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Nonese wibazako gahunda ya leta iba itazibyobyose ariko kiriya ningenzi mukwirinda indwara zandurira mumibonano ahubwo nawe uzarusheho gushishikariza abandi kwirinda izondwara.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ibyo byose nubwo yabikurikirana neza ntibyamurinda icyaha. Gusambana biva Ku nshinga gusamba, kubera ko aba akorana icyo gikorwa n’undi muntu, hajyaho ingereka ngirana -na, bikaba gusamba-na (gusambana). Gusambana ni icyaha gijyana kukurimbuka.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Icyiza ni ukubireka Byose, Gusambana ni umwanda
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Icyiza ni ukubireka Byose, Gusambana ni umwanda
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Buriya nubwo umuntu yabikurikiza ntibyareka kwitwa icyaha kndi burya ubusambanyi n icyaha Imana yanga urunuka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Buriya nubwo umuntu yabikurikiza ntibyareka kwitwa icyaha kndi burya ubusambanyi n icyaha Imana yanga urunuka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
uko nikokuri gusambana ,ahobibera bibi iyo umaze kubikora uhita wigaya mu mutima wawe ,uti bimaze iki
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
uko nikokuri gusambana ,ahobibera bibi iyo umaze kubikora uhita wigaya mu mutima wawe ,uti bimaze iki
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ubusambanyi ni umwanda rwose, cyaneko iyo umaze gusambana urigaya mumutima wawe , uti nkubu ntabikoreragiki .uwiteka adufashe tubyirinde
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
ubusambanyi ni umwanda rwose, cyaneko iyo umaze gusambana urigaya mumutima wawe , uti nkubu ntabikoreragiki .uwiteka adufashe tubyirinde
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ikosa rya8 ni icaha….umuhinga nuwamenye imana.dushake uhoraho bigishoboka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ikosa rya8 ni icaha….umuhinga nuwamenye imana.dushake uhoraho bigishoboka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Le 10/3/2021
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Le 10/3/2021
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Mbega ngo un kugakoresha biratuma umugabo agenda atakaza ububasha bwo kurangura arya mabanga ?faiblesse sexuelle
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Mbega ngo un kugakoresha biratuma umugabo agenda atakaza ububasha bwo kurangura arya mabanga ?faiblesse sexuelle
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Nobyiza kugakoresha neza twirinda ingaruka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Nobyiza kugakoresha neza twirinda ingaruka
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
kbx ibi birakabije ariko nakundi twabigenza kuko turi abantu nituri imizozi kwifata iyo byanze ubigenzute
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
kbx ibi birakabije ariko nakundi twabigenza kuko turi abantu nituri imizozi kwifata iyo byanze ubigenzute
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ntibyo nubund gusamba nta nakamaro kabyo tubyir nde x byo bantu bakur
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ntibyo nubund gusamba nta nakamaro kabyo tubyir nde x byo bantu bakur
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Agakingirizo=ubusambanyi ni kutareba kure kuko hari abagakoresha badafite aho bahuriye n’ubusambanyi : ABARINGANIZA URUBYARO, ABABANA BADAHUJE UKO BAHAGAZE kukibazo cya Sida.
Dore amakosa arindwi abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Agakingirizo=ubusambanyi ni kutareba kure kuko hari abagakoresha badafite aho bahuriye n’ubusambanyi : ABARINGANIZA URUBYARO, ABABANA BADAHUJE UKO BAHAGAZE kukibazo cya Sida.
Dore amakosa 7 abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Gusambana nicyaha
1- watakaje agaciro kuko wasambanye byonyine biragayitse mubantu
2- Ku Mana nicyaha cyanditse muri Bible na Corowani kwirinda ibyo birwara amaherezo bikazagukeza kurupfu rwarundi watinye kdi noneho rwiteka . Nimushake Uwiteka bigishoboka kwabonwa , mumwambaze akiribugufi
Dore amakosa 7 abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Gusambana nicyaha
1- watakaje agaciro kuko wasambanye byonyine biragayitse mubantu
2- Ku Mana nicyaha cyanditse muri Bible na Corowani kwirinda ibyo birwara amaherezo bikazagukeza kurupfu rwarundi watinye kdi noneho rwiteka . Nimushake Uwiteka bigishoboka kwabonwa , mumwambaze akiribugufi
Dore amakosa 7 abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ariko mana utubarire tugire ubutwari bwokubireka namumaro wubusambanyi
Dore amakosa 7 abagabo benshi bakora bakoresha agakingirizo
Ariko mana utubarire tugire ubutwari bwokubireka namumaro wubusambanyi