Akenshi abagore bararipfana iyo bigeze ku ngingo yo gukora imibonano mpuzabitsina n’abo bashakanye, ku buryo hari n’abagira ubushake bakabura uko babibwira abagabo babo bitewe n’impamvu zitandukanye.
Zimwe muri izo mpamvu ni:
Isoni zo kubivuga:
Akenshi usanga abagore benshi bakunze kugira isoni zo kuganiriza abagabo babo ku ngingo yo gukora imibonano mpuzabitsina cyane cyane nk’iyo bagize ubushake bwabyo, ariko bakumva ntaho bahera babwira abagabo babo ko babagerera ku ngingo kugera hagize igikorwa n’umugabo ku giti cye maze wenda na bo bakajya baboneraho.
Kwifata/ Guhishira
Abagore/abakobwa benshi muri kamere yabo usanga badakunze kwirekura ku kijyanye n’iyi ngingo. Akenshi baba batekereza uko abagabo babo/ inshuti zabo zabafata ziramutse zumvise batoboye bakabisabira ko baryamana na bo. Bamwe bati, uko kwaba ari ukunanirana, yahita ambonamo ikindi kintu kitari kiza nko kuba bdi maraya, bigatuma rero baryumaho.
Ibi rero ni ibikunze kugaragara ku bagore/abakobwa benshi, nyamara mwakinjira mu gikorwa nyirizina ukabonako yabyifuzaga cyane, cyangwa se wareba n’imyifatire ye mu gihe muri kumwe ukamubonamo ko yabishatse bitewe n’ibimenyetso agaragaza ariko ntabe yaritobora ngo arikubwire. Bo bakunze kuvugisha ibimenyetso by’umubiri wabo ni yo mpamvu umugabo agomba gusobanukirwa n’imikorere y’umubiri w’umugore we. Gukora imibonano mpuzabitsina.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



