Dore uburyo wakoresha usaba imbabazi uwo mwashakanye agahita akubabarira

Sangiza iyi nkuru

Nkuko ntazibana zidakomanya amahembe, bibaho ko abashakanye bashyamirana ariko hakabaho uburyo uwakosheje yemera guca bugufi agasaba mu genzi we imbabazi bagasugira bagasagamba bakagera ku iterambere rirambye.
sorry
Muri uko gufata icyemezo cyo gusaba imbabazi hari intambwe runaka bigomba gucamo ufite amakosa agomba gusabamo imbabazi agahita ababarirwa ataziguha ukamenya ko harimo urwikekwe cyangwa atakwiyumvamo.
Kuratira abandi uwo mwashakanye
Igihe wahemukiye uwo mwashakanye ugashaka kwihutira kumusaba imbabazi, ujye ugerageza umuratire buri muntu ubasha kubona, bizamunezaza yumve ko n’ubwo wahemutse ariko umwitaho bityo akabifata nk’impanuka yakwigwiririye.
Kwitangira urugo
Ntukumve ko gusaba imbabazi bigaragaza ko ari wowe munyamakosa, ahubwo ujye ubikorera ko ushaka kwiyubakira. N’ubundi kandi, mu havuga ko uwakorewe icyaha ‘aruhanya kuruta umugi ukomeye.
Iyo mwihagazeho ntihagire usaba imbabazi, kubana amahoro biragorana, ndetse hari n’igihe bidashoboka ariko gusaba imbabazi byoroshya ibibazo icy’ingenzi kurushaho ni uko uba ushyira umuryango wawe imbere, aho kwita ku nyungu zawe bwite
Kwirinda gusaba imbabazi wiyererutsa
Igihe abashakanye bagiranye amakimbirane, si byiza ko uwakosheje asaba imbabazi bitamuvuye ku mutima ahubwo ari urwiyererutso wenda hari ikintu runaka akeneye kugirango akibone.
Gusaba imbabazi bya nyirarureshwa, wenda ukavuga uti “ndabona byakubabaje cyane, ngaho noneho mbabarira,”ntibyaba bikwiriye na gato ahubwo wagombye kwemera uruhare wagize, kandi ukemera ko uwo mwashakanye byamubabaje, yaba afite impamvu zumvikana cyangwa nta zo.
Jya umenya ko bibaho wiyoroshye
Hari ingero zifatika z’abagabo usanga iyo bageze mu ngo zabo usanga bigize indakoreka bakumva ko batakosa, amakosa yose bakayashyira ku bagore babo cyangwa abana ukagirango ni abamalayika.
N’iyo waba wumva ko uri umwere, jya uzirikana ko ushobora kutamenya uko ikibazo cyose giteye kuko na Bibiliya igira iti “ubanje kuvuga mu rubanza asa n’ufite ukuri, ariko iyo mugenzi we aje aramuhinyuza” Kwibuka ko udatunganye kandi ko ushobora gukora amakosa, bizagushishikariza gusaba imbabazi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *