Dr. Besigye urwanya Museveni yaciye agahigo ko kuba uwa mbere ku isi watawe muri yombi kenshi

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Uganda Col. Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ishyaka NRM rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ku isi watawe muri yombi incuro nyinshi.

Ni nyuma yo kwinjira mu gitabo ‘Guiness des Records’ kijyamo abantu bakoze uduhigo twihariye kurusha abandi ku isi.

Muri 2016 ni bwo Dr. Kizza Besigye yinjiye muri iki gitabo, nyuma yo kuba umuntu wa mbere ku isi uzwi watawe muri yombi incuro nyinshi kurusha ababayeho. Ni nyuma y’uko uyu mugabo yari amaze gutabwa muri yombi incuro 15 zose mu mwaka umwe.

Besigye si igisambo, umwicanyi cyangwa undi munyabyaha ruharwa wese, gusa inyota yo gukura Museveni ku butegetsi amaranye igihe ni yo ituma atabwa muri yombi umusubirizo n’inzego z’umutekano muri Uganda.

Ku wa mbere w’iki cyumweru na bwo uyu mugabo yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda, ubwo yari mu gace ka Jinja hizihizwa isabukuru y’imyaka 15 ishyaka akuriye rimaze rishinzwe.

Nk’umuyobozi w’icyubahiro, Dr. Besigye yagombaga kugeza ijambo ku bari bitabiriye biriya birori, gusa ku masaha y’igicamunsi we n’abarwanashyaka be bisanga bagabweho igitero na Polisi ndetse n’ingabo za Uganda baje babaminjamo ibyuka biryana mu maso, Besigye ajyanwe mu buroko.

Iyi ni incuro irenga iya 50 uyu wahoze ari umutoni wa Perezida Museveni yari atawe muri yombi mu buzima bwe bwose. Izi ncuro zose Dr. Besigye yatawe muri yombi nta na rimwe yigeze akatirwa igifungo kubera ibyaha ashinjwa.

Ubusanzwe mu mateka y’isi hari abafunzwe kenshi kurusha Dr. Besigye nk’Umunyamerika, Henry Earl wafunzwe inshuro zigera ku 1500, gusa bo ntibigeze bandikwa mu gitabo cy’uduhigo (Guiness des Records) nk’uko byabaye kuri uyu munyapolitiki w’Umugande.

Colonel Dr. Kizza Besigye yabaye umutoni wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni igihe kirekire, dore ko yigeze kuba umuganga we wihariye. Yanabaye Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu cya Uganda, nyuma gato y’intambara ya NRA.

Magingo aya, akuriye ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, bakomeje gukora iyo bwabaga ngo bakure uyu mukambwe ku butegetsi yagezeho mu 1986.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *