Dr Mukwege yavuze ko adashaka kuvuga ku muntu utemera ibimenyetso ku bwicanyi bwavuzwe muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Umuganga wamamaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) uzwiho ibikorwa byo kwita ku bagore n’abakobwa bafatiwe ku ngufu mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro, Dr Denis Mukwege avuga ko adashaka kuvuga ku wirengagiza ibimenyetso ku bwicanyi bivugwa ko bwakorewe muri iki gihugu mu myaka irenga 18 ishize.

Ni ijambo yavuze atanga igitekerezo ku ryo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze kuri ubu bwicanyi bwagaragajwe muri raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yitwa ‘Rapport Mapping’.

Mu bashinjwa ibi byaha harimo z’ibihugu bituranye na RDC birimo Rwanda.

Perezida Kagame ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ba France 24 na RFI muri Gicurasi 2021, yavuze ko ingabo z’u Rwanda zitigeze zikorera ubwicanyi muri RDC, ananenga abateguye iyi raporo kuko ngo irimo inyungu za politiki.

Umukuru w’Igihugu yanavuze ko Dr Mukwege usaba ko abo iyi raporo ivuga ko bakoze ubwicanyi bakurikiranwa n’ubutabera, akoreshwa n’imbaraga zitagaragara. Ku kuba uyu muganga yarahawe igihembo cyitiriwe Nobel mu 2018, ngo kwari ukugira ngo bamukoreshe.

Perezida Kagame yagize ati: “Mukwege yahindutse igikoresho cy’imbaraga tutabona. Yahawe igihembo cya Nobel kugira ngo ajye abwirwa icyo gukora.”

Igitangazamakuru Actualité kivuga ko kuri uyu wa 2 Kamena 2021, Dr Mukwege yitabiriye ubutumire bw’abadepite ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyepfo ikoreramo ibitaro yashinze byitwa Panzi, asobanura ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigaragara cyane mu bihe by’intambara, na ‘Rapport Mapping’.

Umudepite witwa Moussa Njagala yamusabye kuvuga kuri iri jambo Perezida Kagame yamuvuzeho, maze na we asubiza ati: “Sinshaka gutinda ku muntu utemera ibimenyetso. Ndumva kuri njyewe ntacyo byamarira.”

Uyu muganga yavuze ko we icyo arwanirira ari ukuri n’ubutabera, akaba asaba ko uwumva afite ukuri, yaha umwanya ubutabera. Yagize ati: “Nimureke tumenye ni nde wakoze iki, byagenze bite, yisobanure ariko ntiyisobanurire imbere ya Dr Mukwege, ahubwo yisobanurire imbere y’urukiko rubifitiye ububasha.”

Rapport Mapping yasohotse mu 2010. Ibyaha igaragaraza ivuga ko byakozwe hagati y’1993 n’2003.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Dr Mukwege yavuze ko adashaka kuvuga ku muntu utemera ibimenyetso ku bwicanyi bwavuzwe muri RDC
    Kuki badashyiraho urwo rukiko noneho ba Mukwege bagatanga ibimenyetso cyangwa bakabibura?That is very simple aho gukomeza guterana amagambo.Ese ubundi kuki urwo rukiko rutajyaho??? Iyi si yacu irarwaye.

  2. Dr Mukwege yavuze ko adashaka kuvuga ku muntu utemera ibimenyetso ku bwicanyi bwavuzwe muri RDC
    Kuki badashyiraho urwo rukiko noneho ba Mukwege bagatanga ibimenyetso cyangwa bakabibura?That is very simple aho gukomeza guterana amagambo.Ese ubundi kuki urwo rukiko rutajyaho??? Iyi si yacu irarwaye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *