Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, avuga ko agiye gusura Uwitwa Ngabo Karegeya witwa Ibere rya Bigogwe kuri Twitter kuko ibyo akora ari byiza.
Dr Sezibera kuri uyu wa Gatandatu yanditse kuri Twitter avuga ko azanyarukira mu Bigogwe, ngo asure uyu ukunze kugaruka kuri Twitter yamamaza ibyiza biri mu gace k’iwabo. Dr Sezibera ati ” Uyu muhungu nzamusura! Arakora ibintu byiza!” Ubutumwa bwa Dr Sezibera buje nyuma y’aho Ibere rya Bigogwe kuri Twitter yavuze ko hari abavuga ko Abazungu bagiye kumuha Viza, na we yibaza uwabakira igihe yaba adahari.


