Inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF ( Allied Democratic Force) zishe abantu 11 muri Beni mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abakozi bashinzwe uburenganzira bwa muntu muri ako gace babwiye Reuters ko abo barwanyi bari birwaje imihoro n’amashoka. Ubuyobozi butangaza ko abaturage barenga 1000 bamaze kwicwa mu bitero nk’ibi kuva 2014.
Abakurikiranira hafi ibya politiki yo muri Congo banenga ingabo z’iki gihugu ko zananiwe guhashya izi nyeshyamba. Muri Mutarama uyu mwaka Congo na Uganda byashyizeho ingabo zishinzwe kurwanya uyu mutwe nyuma yuko wari wivuganye ababungabunga amahoro 15 bo muri Tanzaniya.
Nkuko tubikesha BBC, umutwe wa ADF washinzwe 1990 n’agatsiko kagendera ku mahame ya Kiyisilamu ku musozi wa Rwenzori muri Uganda, uyu mutwe kandi ukaba ukunze guhungabanya umutekano muri Congo na Uganda.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
Nkurunziza Viateur /Bwiza.com


