Minisitiri w’imikino muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denis Kambayi yatangaje ko ahagaritse imikino yose ya Shampiyona mu mupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere muri icyo gihugu guhera kuri uyu wa kane 15 Ukuboza 2016.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Radio Okapi dukesha iyi nkuru yanditse ko Kambanyi yavuze ko hari impamvu enye (4) zikomeye zatumye hafatwa icyemezo cy’uko Shampiyona y’icyiciro cya mbere yaba ihagaze.
Impamvu enye zitumye iri rushanwa riruta ayandi gukomera muri Congo riba risubitswe harimo Ibikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bukomeye bibera mu ma sitade, kutitwara neza mu misoro ku makipe, Kwirinda impanuka zishobora guterwa na bimwe mu bikorwa remezo bya siporo bidasannye kandi byaragiritse ndetse n’imyitwarire itagaragaza gukunda igihugu no kwitwara nabi bikorwa n’abafana b’umupira w’amaguru muri Congo.
Imikino ya Shamiyona ngo yahagaritswe guhera kuri uyu wa 15 Ukuboza 2016 ikazongera gusubukurwa ku wa 14 Mutarama 2017.
Iki cyemezo ariko ngo kiremezwa mu buryo budasubirwaho nikimara gushyirwaho umukono n’ishyirahamwe ry’umupira w’amagurumuri Congo (FECOFA).
Minisitiri w’imikino yifuje ko umwanzuro wa nyuma ufatwa na FECOFA mu rwego rwo kwirinda ko Congo yashyirwa mu bihano bya Ruhago n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) nk’uko bisanzwe bigendekera ibihugu byivanga muri siporo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu gihugu cya DR Congo niho umunyarwanda, Sugira Ernest akina mu ikipe ya Vita Club. bivuze ko nawe ari mu bakinnyi baba babonye akaruhuko mu gihe iki cyemezo cyaba ndakuka.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com


