Umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yanze Albert Yuma nka Minisitiri w’Intebe watanzwe n’uwahoze ayoboye iki gihugu, Joseph Kabila.
Perezida Tshisekedi we aravuga ko adashobora kwemera ko Yuma aba Minisitiri ngo kubera ko afite isura mbi ku ruhando mpuzamahanga.
Bwana Albert Yuma ni umuyobozi w’ikigo cya leta cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Gecamines. Muri ubu buyobozi, iki kigo cyashinjwe ruswa no kwigwizaho imitungo.
N’ubwo Tshisekedi atemera Yuma, Joseph Kabila yari yatanze abakandida batatu barimo Yuma,Henri Yav Mulang na Jean Mbuyu Luyongola ariko umwanzuro wemeza umwe muri aba nturatangwa. BBC dukesha iyi nkuru, ishingiye ku makuru yo mu biro bya Tshisekedi, yatangaje ko ibikorwa byo gushaka minisitiri bigikomeje.
Itegekonshinga rya Congo/Kinshasa rivuga ko bitewe n’ubwiganze bw’abagize ishyaka rya Kabila (FCC) mu nteko ishingamategeko, Minisitiri w’Intebe agomba guturuka muri iri shyaka mu gihe havugwa ibibazo hagati y’ishyaka rya Tshisekedi (CACH) na FCC rya Kabila nyuma y’aho uyu mukuru w’igihugu aviriye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, agatangaza ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’igitugu bwari busanzweho. Aha birasa n’aho yashakaga gukora mu jisho ingoma y’uwamubanjirije ari we Kabila.


