E.U yagumishijeho ibihano yafatiye u Burusiya kubera kwivanga mu bibazo bya Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize Ubumwe bw’u Burayi bongereye andi amezi 6 ibihano bafatiye u Burusiya kubera kwivanga mu makimbirane yo muri Ukraine.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane ushize mu nama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (E.U) yabereye i Buruseli mu Bubiligi ku cyicaro cy’uyu muryango nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu mu itangazo ryashyizwe ahagaragara.

Ibi bihano byafashwe bwa mbere mu 2014 bigenda byongererwa igihe buri mezi atandatu nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga.

Mu 2014 , Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zafatiye ibihano u Burusiya  kubera kwigarurira Intara ya Crimee, yahoze ari iya Ukraine icyo gihe. Kuri uyu wa Kabiri ushize Amerika ikaba yaratangaje ko yakajije ibi bihano kubera ko “u Burusiya bukomeje gutera inkunga inyeshyamba zo muri Ukraine.”

Umubano w’u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wabaye mubi kugera aho ibihugu byombi byirukana abadipolomate amagana ku mpande zombi mu mwaka ushize.

Hagati aho, biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi bagomba guhura kuwa 16 Nyakanga mu murwa mukuru wa Finlande, Helsinki. Nk’uko White House ibitangaza, bazaganira ku bibazo bitandukanye bifitanye isano n’umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *