Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) watangaje by’agateganyo uburyo uzatanga inkingo z’icyorezo cya Covid-19 mu mwaka w’2021 muri gahunda ya Covax; ibihugu bine muri 6 biri mu Muryango w’Akarere ka Afurika (EAC) bikaba biri ku rutonde rw’ibizaruhabwa.
Ibihugu bizahabwa uru rukingo muri EAC nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe ni u Rwanda ruzakira doze 996,00, Kenya izakira doze 4,176,000, Uganda izakira 3,552,000 na Sudani y’Epfo izakira 864,000.
Iyi mbonerahamwe igaragaza ko u Burundi na Tanzania na byo bibarizwa muri uyu muryango, nta nkingo bizahabwa, bikaba byiyongera ku bindi 6 byo ku mugabane wa Afurika.
Nk’uko BBC yabitangaje, impamvu OMS yasobanuye yatumye ibi bihugu bitagaragara ku rutonde rw’ibigomba guhabwa izi nkingo ni imwe muri izi eshatu: kuba byaraziguriye, kuba bitarazisabye cyangwa se bikaba bitarashyirwa ku rutonde rw’ibigomba kuzihabwa.”
Muri rusange, OMS iteganya gutanga doze miliyoni 336 z’inkingo za Covid-19 mu byiciro bibiri by’uyu mwaka. Buri gihugu kiri ku rutonde, giteganyirizwa umubare wa doze ungana na 3.3 % k’abaturage bagituye.


