Uyu munsi, abaminisitiri b’imari mu bihugu bitanu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba basomye ingengo y’imari ya 2019/2020, imbere y’inteko ishinga amategeko. Kenya ifite ingengo y’imari iruta iy’ibindi bihugu bine by’uyu muryango.
Ibihugu byamaze kuyigaragaza ni u Rwanda rwagennye miliyari $3.2Â (asaga tiliyari 2.8 z’amafaranga y’u Rwanda), Tanzania ni miliyari 14.2 z’amadolari y’Amerika, u Burundi ni miliyoni 823 z’amadolari, Uganda ni miliyari $9.1, Kenya ni miliyari $29.2.

Mu nyubako y’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Minisitiri Uzziel Ndagijimana yavuze ko ubukungu bw’igihugu mu 2018/2019 bwazamutseho 8.6%, mu gihe hari harateganyijwe 7.2%. Ibi byatewe n’ubwiyongere bw’inganda ku kigero cy’ 10% n’ubuhinzi kuri 6%.
Iyi ngengo y’imari ingana na tiliyari 2.8 RWF mu gihe iya 2018/2019 yanganaga na tiliyari 2.5 RWF.

Muri Uganda, iyi ngengo y’imari yasomwe na Minisitiri Matia Kasaija imbere y’abagize inteko ishinga amategeko na Perezida Museveni muri Kampala Serena Conference Centre.

Kasaija amaze gusomera abari bitabiriye iby’iyi ngengo y’imari, Museveni yafashe umwanya ngo atangeho igitekerezo, yivugira ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, ati: ” Ndi inararibonye mu byo kutavuga rumwe n’ubutegetsi”. Aha yavugaga ko mu myaka 24 kuva Uganda yabona ubwigenge, atavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho yahiritse.
Museveni yanahaye inama abaturage ku buryo bakwirinda Ebola yamaze kugera mu gihugu cye. Abantu 8 ni bo bamaze kwandura, 2 harimo umwana w’imyaka 5 n’umukecuru w’imyaka 50 barapfuye.
Izi ngengo z’imari zibanda ku bikorwaremezo, imibereho y’abaturage, ubuzima, uburezi n’ubukungu.
Â
Â


