Ebola yongeye kugaragara mu burasirazuba bwa RDC

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Jean Jacques Mbugani yatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Teritwari ya Beni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bw’igihugu.

Itangazo Dr Mbugani yashyize ahabona tariki ya 8 Ukwakira 2021 rivuga ko umuntu umwe ari we wagaragayeho iki cyorezo; akaba ari umuhungu wari ufite imyaka itatu y’amavuko wapfiriye ku ivuriro ryo muri Beni tariki ya 6 Ukwakira.

Icyo gihe umwana amaze gupfa, abaganga bafashe ibipimo, babijyana ku bitaro i Goma kugira ngo bisuzumwe, ibisubizo bigaragaza ko yari arwaye Ebola.

Muri Beni hahise hoherezwa itsinda rigari ry’abaganga barimo abaturutse ku rwego rw’intara kugira ngo bakurikirane ubuzima bw’abantu 100 bikekwa ko baba barahuye n’uyu mwana mu gihe cya vuba.

RDC yigeze kwibasirwa bikomeye na Ebola hagati y’2018 n’2020, yatwaye ubuzima bw’abantu barenga 2200. Yaherukaga kugaragaramo abarwayi bashya b’iki cyorezo12 muri Gicurasi 2021, bapfuyemo 6.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *