Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda, Nkusi Arthur yaciye amarenga ko we n’umufasha we, Miss Muthoni Fiona bitegura kwibaruka imfura yabo, nyuma y’imyaka hafi itatu bakoze ubukwe.
Mu ijoro ryo ku wa 21 Werurwe 2024 ubwo habaga igitaramo cy’urwenya ‘Gen-Z Comedy’, Arthur Nkusi yari ari muri bamwe basusurukije abantu babatera urwenya.
Ubwo Nkusi Arthur yageraga ku rubyiniro mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali, yagarutse ku kuntu we n’umugore we bitegura kwibararuka.
Yagize ati: “Nako mwumve ko muri iyi minsi turi kwitegura[…] eeehhh ndi muzima, urumva iyo bigeze imyaka 30 nta n’umuntu urakubeshyera hari ukuntu utangira gukeka ko waba utari muzima.”
Muri Kanama 2021 nibwo Nkusi Arthur yarushinze na Miss Muthoni Fiona, mu birori byabereye ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro.
Ubu bukwe bwabaye nyuma y’aho ku wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021, Nkusi Arthur na Miss Muthoni Fiona basezeranye imbere y’amategeko.


