Esipanye yiteguye gukoresha umusifusi wa 4 (VAR)

Sangiza iyi nkuru

 
Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Esipanye, yemeje ko La liga izatangira gukoresha ikoranabuhanga ry’amashusho yunganira umusifuzi mu kibuga, VAR (Video Assistant Referee), kuva mu mwaka wa 2018/2019.
Uhagarariye komisiyo y’abasifuzi muri iki gihugu, Victoriano Sanchez Arminio, yamenyesheje abasifuza bose bakorera uyu mwuga mu kiciro cya mbere ko umwaka utaha w’imikino nta kabuza bagomba kuba batangiye gukoresha ubu buryo.
vid3
Mu ibaruwa kandi yandikiye abasifuzi, Sanchez yavuze ko abashinzwe gusuzuma ubu buryo mbere y’uko butangira barabikora vuba.
Javier Tebas, umuyobozi wa shampiyona ya Esipanye, ku wa kabiri yavuze ko nk’uko mu Budage no mu Butariyani bakoresha ubu buryo, na bo bazabutangiza umwaka utaha w’imikino.
vid

Ubu buryo bwunganira umusifuzi bukoreshwa gusa iyo hari igitego giteye urujijo, bagiye kwerekana ikarita itukura, iyo bagiye gutanga penaliti ndetse n’igihe bibeshye ku mazina y’umukinnyi weretswe ikarita.
Kugeza ubu, shampiyona ya Esipanye ni yo idakoresha ikoranabuhanga rigezweho bitandukanye n’Ubwongereza, Ubufaransa,Ubudage n’Ubutariyani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *