Ethiopia: Abantu 140 bishwe n’abantu bitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Ethiopia iravuga ko abantu bitwaje intwaro bivuganye abaturage 140 hafi y’umupaka wayo na Sudani y’Epfo, ndetse bakanashimuta abana 39.

Minisitiri w’itumanaho wa Ethiopia, Getachew Reda, aravuga ko abateye aria bantu bo mu bwoko bwa Murle bo muri Sudani y’Epfo. Yongeyeho ko abashinzwe umutekano bari gukurikirana abo bateye hakaba hishwemo abagera kuri 60.

1953557_Ethiopian_soldiers_march_near_the_town_of_Zalambessa_some_21_miles_from_Adigrat_after_its_li-large_trans++eo_i_u9APj8RuoebjoAHt0k9u7HhRJvuo-ZLenGRumA
Ingabo za Ethiopia

Igihugu cya Ethiopia gicumbikiye impunzi zavuye muri Sudani y’Epfo mu 2013 zihunze imirwano hagati y’ingabo za leta n’umutwe w’inyeshyamba wa Riek Machar washinjwaga gushaka guhirika ubutegetsi.

Bwana Reda yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko abateye badakekwaho kugirana isano na guverinoma ya Sudani y’Epfp cyangwa inyeshyamba.

Intara ya Gambella yo muri Ethiopia yagabwemo igitero, isanganywe amateka y’amakimbirane hagati y’amoko ayituye n’abaturage b’aba Nuer, ubwoko bukomokamo Riek Machar.

download (1)

Abaturage bo mu bwoko bwa Murle bakekwaho kuba inyuma y’ubu bwicanyi bakaba barakunze gushinjwa kugaba ibitero bigamije gushimuta amatungo no kwiba abana bashaka kuzarera nk’ababo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns.@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *