Ethiopia: Byibuze abantu 50 baguye mu mirwano yahuje igisirikare cya leta na FANO

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abarwanyi 50 bishwe mu gihe inzego z’umutekano za guverinoma n’inyeshyamba zo muri Amhara zarwaniraga mu karere ka Amhara mu majyaruguru ya Ethiopia nk’uko byatangajwe n’Igisirikare kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Nzeri.

Iyi mirwano yibanze cyane mu mujyi w’amateka wa Gondar, yateje impungenge z’umutekano w’akarere, gaherereye mu majyaruguru ya Ethiopia, nko mu birometero 700 mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’iki gihugu, Addis Abeba.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Facebook, Igisirikare cya Ethiopia (ENDF) cyemeje iyo mirwano ikaze yabaye ahanini ku Cyumweru, kivuga ko abashinzwe umutekano bahagaritse ibitero by’inyeshyamba za FANO, bituma hapfa inyeshyamba zirenga 50.

FANO (Amhara National Movement), umutwe w’inyeshyamba ukorera mu karere ka Amhara kandi ugizwe n’abantu bo mu bwoko bwa Amhara, watangiye gukurikiranwa cyane kubera ibikorwa bya politiki n’ibikorwa byitwaje intwaro.

Izi nyeshyamba za Amhara, mu itangazo zashyize ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere, na zo zavuze ko zafashe abasirikare benshi nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Imirwano yabereye muri kariya karere yatangiye muri Mata ubwo guverinoma ya Ethiopia yatangaga itegeko ryo kwishyira hamwe rigamije guhuriza mu gisirikare cy’igihugu abashinzwe umutekano bose bo mu ntara 11 za Ethiopia.

Abaturage bo muri iyi Ntara ya Amhara barwanyije icyo gitekerezo, bagaragaza ko bafite ubwoba bwo gutakaza ubwigenge banerekana ko batizera ko abantu bo hanze ari bo bagenga umutekano w’intara yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *