Ethiopia: Guverinoma yagize ibyo isaba ngo itekereze kujya mu mishyikirano

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Ethiopia yagize ibyo isaba kugira ngo ibashe kugirana ibiganiro byo guhagarika imirwano n’abayobozi b’ishyaka rya Tigray People Liberation Front (TPLF), nyuma y’iminsi umuryango mpuzamahanga usaba guhagarika imirwano iyafashe intera kuva muri Kamena.

Guverinoma ya Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed imaze umwaka mu ntambara ihanganye n’abarwanyi bo mu Ntara ya Tigray iherereye mu majyaruguru ya Ethiopia barimo baratera intambwe bamanuka basatira umurwa mukuru, Addis Abeba.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dina Mufti (uri ku ifoto), kuri uyu wa Kane yabwiye itangazamakuru ko kimwe mu byo Guverinoma ya Ethiopia isaba kugirango ibiganiro bishoboke, ari uko TPLF yabanza ikava muri Amhara na Afar, intara zihana imbibi na Tigray nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Ati “Hano hari ibintu bisabwa: Icya mbere, muhagarike ibitero byanyu. Icya kabiri, muve mu bice mwinjiyemo [Amhara na Afar]. Icya gatatu, mumenya ko iyi guverinoma yemewe.”

Yakomeje agira ati “Kandi ntimubyumve nabi, ntabwo bivuze ko hafashwe icyemezo cyo kwinjira mu biganiro,”

Umuvugizi wa TPLF, Getachew Reda, we aherutse gutangaza ko kuva muri Amhara na Afar mbere y’ibiganiro ari ikintu kidashoboka.

TPLF ndetse mu cyumweru gishize yavuze ko yafashe na Kemise, mu birometero 325 uvuye Addis Abeba, ariko guverinoma yagiye ishinja abo bahanganye gukabya ku kijyanye no kwigarurira ibice bimwe na bimwe.

TPLF yo isaba ko hahagarara icyo Umuryango w’Abibumbye wita gufunga inkunga z’ubutabazi zigenewe Tigray, aho abantu babarirwa mu bihumbi magana babayeho nk’abari mu nzara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *