Ethiopia: Inzego z’umutekano zateye amahoteri n’utubari bikorerwamo ubutinganyi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’umujyi bwatangaje ko abashinzwe umutekano muri Ethiopia barimo guhiga mu mahoteri, utubari na resitora byo mu murwa mukuru Addis Abeba aho bivugwa ko hakorerwa ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina y’abaryamana bahuje ibitsina.

Ibihugu byinshi byo muri Afurika bihana kuryamana kw’abahuje ibitsina byashyize mu bikorwa iryo tegeko mu myaka yashize, aho leta nyinshi zashyizeho amategeko akomeye ndetse n’ibihano, aho iziheruka ari Ghana na Uganda.

Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ivuga ko umuryango w’abaryamana bahuje ibitsina muri Ethiopia ukomeje kwihisha kubera ko aba bantu bahura n’ivangura rikabije kandi bagatinya ihohoterwa bakorerwa hamenyekanye umwirondoro wabo.

Ibiro bya Addis Abeba (urwego rwa leta) bishinzwe amahoro n’umutekano, bivuga ko bigiye gufata ingamba “zirwanya ibigo bikorerwamo ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina” nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage, kandi ko hamaze kugabwa igitero kuri imwe muri guest house zo muri uyu mujyi nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Ubuyobozi bw’umujyi bwanditse ku rubuga rwa Facebook bugira buti: “Niba hari ufitiye impuhwe abakora iki gikorwa giteye ishozi cyangwa n’abantu n’Imana, (ibiro) bizakomeza kugira icyo bikora.”

Kuryamana kw’abahuje ibitsina birabujijwe mu mategeko ya Ethiopia, ariko nta makuru ya vuba aha avuga ko hari abantu bahamwe n’iki cyaha cyo kwishora mu busambanyi bahuje ibitsina.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, itsinda ryunganira abaryamana bahuje ibitsina, House of Guramayle, ryatangaje ko ryamaganye ubwiyongere bukabije bw’ibitero byibasira abantu muri Ethiopia bishingiye ku mahitamo y’abo bakorana imibonano mpuzabitsina cyangwa igitsina biyumvamo.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ethiopia: Inzego z’umutekano zateye amahoteri n’utubari bikorerwamo ubutinganyi
    Ahubwo bazashyireho igihano cyurupfu.

  2. Ethiopia: Inzego z’umutekano zateye amahoteri n’utubari bikorerwamo ubutinganyi
    Ntibagombye kubitangaza bagombye guhita babarasai

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *