Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA, zatangaje ko zishobora gufatira Ethiopia ibihano kubera intwaro yatwaye mu ndege itwara abagenzi muri iki gihe cy’intambara ihanganiyemo n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray.
Ni nyuma y’aho igitangazamakuru CNN gishyiriye hanze inkuru y’ubucukumbuzi isobanura uburyo Leta ya Ethiopia yifashishaga indege y’ikigo cy’ubwikorezi cya Ethiopia Airlines mu gutunda intwaro izivana muri Eritrea, ubwo intambara ya Tigray yatangiraga.
Iki gitangazamakuru kivuga ko gifite ibimenyetso bifatika byerekana ko Leta ya Ethiopia yakoze aya makosa birimo: inyandiko, amafoto n’ubuhamya bigaragaza ukuntu indege z’iki kigo zavanaga intwaro ku kibuga cy’indege cya Asmara na Massawa muri Eritrea, zikabijyana muri Ethiopia mu Gushyingo 2020.
Umwe mu bayobozi bakomeye muri USA yabwiye iki gitangazamakuru ko ibi birego bikomeye, Leta ya Ethiopia mu gihe koko yaba yarakoze aya makosa, yaba yarishe amasezerano yasinyiwe muri Chicago agenga ubwikorezi bw’indege za gisivile.
Yagize ati: “Ibi birego birakomeye cyane; atari uko gusa haba harishwe amasezerano ya Chicago. Gukoresha indege ya gisivile mu bwikorezi bw’ibikoresho bya gisirikare birengera amahame, bikanashyira mu kaga ibikorwa byo gutwara abagenzi mu ndege ku Isi.”
Undi muyobozi yamenyesheje CNN ko USA igiye gusesengura ibiri muri iyi nkuru, nisanga koko Leta ya Ethiopia yarakoresheje izi ndege muri ubu bwikorezi, ngo izayifatira ibihano.
Yavuze kandi iki gihugu giteganya kuzafatira ibihano buri wese utuma intambara ya Tigray idahagarara.
Ethiopian Airlines yavuze ko yubahiriza amategeko y’igihugu, ay’akarere na mpuzamahanga agenda ubwikorezi bw’indege za gisivile. Ngo indege yayo ntiyigeze itwara ibikoresho bya gisirikare.
Guverinoma ya Ethiopia n’iya Eritrea ntabwo zigeze zisubiza ibazwa kuri izi ntwaro zatwawe n’iyi ndege.



2 Responses
Ethiopia ishobora gufatirwa ibihano izira gutwara intwaro mu ndege itwara abagenzi
Deux poids, deux mesures! Abanyamerika barasetsa. Iyo bagushyigikiye, amafuti yawe bayasiga umunyu. Iyo mufite ibyo mutumvikanaho, bakwagiriza n’ibintu bidafite ireme. Ese ni ubwa mbere indege ihindurirwa umurimo? Twigeze kwumva umujenerali ntavuze izina atangaza ko bifashisha RWANDAIR batera igihugu duturanye – sinzi niba yarivugiraga gusa – ariko Amerika ntiyabyamaganye! Nonese bitaniyehe n’ibyo Etiopiya yakoze?
Ethiopia ishobora gufatirwa ibihano izira gutwara intwaro mu ndege itwara abagenzi
Deux poids, deux mesures! Abanyamerika barasetsa. Iyo bagushyigikiye, amafuti yawe bayasiga umunyu. Iyo mufite ibyo mutumvikanaho, bakwagiriza n’ibintu bidafite ireme. Ese ni ubwa mbere indege ihindurirwa umurimo? Twigeze kwumva umujenerali ntavuze izina atangaza ko bifashisha RWANDAIR batera igihugu duturanye – sinzi niba yarivugiraga gusa – ariko Amerika ntiyabyamaganye! Nonese bitaniyehe n’ibyo Etiopiya yakoze?