Ingabo za Tigray zavuze ko zafashe umujyi ukomeye wa Dessie mu karere ka Amhara uhana imbibi na Tigray, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa TPLF n’abaturage ariko guverinoma ya Ethiopia ikabihakana.
Umuvugizi wa guverinoma ya Ethiopia, yahakanye ko abarwanyi ba TPLF bafashe Dessie, avuga ko umujyi ukiri mu maboko ya leta.
Abaturage babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko ingabo za leta zasubiye inyuma kuri uyu wa Gatandatu ushize nyuma y’imirwano ikomeye n’ibura ry’amashanyarazi mu bice by’umujyi.
Amir, umuturage wa Dessie wanze ko izina rye rya kabiri ritangazwa yagize ati: “Ahagana mu ma saa mbiri za mu gitondo [23:00 GMT] Ku wa Gatanu, abasirikare ba Ethiopia ari bwo batangiye kuva muri ako gace.”
Undi muturage yavuze ko inyeshyamba za TPLF “zinjiye mu mujyi mu gihe Ingabo za Ethiopia ntaho zagaragaraga mu mujyi”.
Getachew Reda, Umuvugizi wa TPLF, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, kuri telephone, ko ingabo zabo zirukanye Ingabo za leta muri Dessie ndetse zirimo kwerekeza mu Mujyi wa Kombolcha.
Yongeyeho ko abarwanyi ba TPLF bafashe abasirikare benshi ba Ethiopia.
Aya makuru yatangajwe na TPLF ntashobora kugenzurwa kuko imirongo ya telephone itameze neza muri Dessie guhera kuwa Gatandatu nyuma ya saa sita ndetse igice kinini cy’amajyarugru ya Ethiopia gifite ikibazo cy’itumanaho ku buryo n’abanyamakuru batahagera uko bikwiye.
Leta irabyita poropaganda
Legesse Tulu, uvugira Leta ya Ethiopia, mu butumwa yatanze yavuze ko umujyi wa Dessie ukiri mu maboko y’ingabo z’igihugu, yongeraho ko ibivugwa n’ingabo zo muri Tigray ari “ibihimbano bya poropaganda”.
Ifatwa rya Dessie ariko ngo ryaba ari ingenzi cyane ku nyeshyamba za TPLF mu kurwanya ingabo za guverinoma zigerageza kuzikura mu birindiro mu bice bitandukanye muri Amhara.


