Félix Tshisekedi ni igikoresho cya Kabila- Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w'Intebe

Sangiza iyi nkuru

Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo kuva mu 2008 kugeza mu 2012 yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yahinduye intego yari afite ataragera ku butegetsi, ku buryo yabaye igikoresho cya Joseph Kabila.

Mu magambo Muzito yakoresheje, yagize ati: ” Tshisekedi asigaye avuga ururimi rwa Kabila ku buryo yabaye igipupe (igikoresho) cy’ingoma yatambutse na Kabila ubwe.”

Nk’uko Politico.CD ikomeza ibivuga, ashinja Kabila kwiva muri bagenzi be bari bafite umugambi wo gushakira ubutabera abapfuye baharanira demukarasi ndetse n’amatora.

” Yari uwacu ubwo urugamba rwari ruribanyije ariko ubu yamaze guhindura uruhande. Ubu asigaye avuga ururimi rwa Kabila n’ishyaka rye rya FCC bahuje muri iki gihe.

Muzito ahamya ko Tshisekedi atari mu ruhande rw’abaturage ayoboye, yamaze guhindura ubutumwa bwe, ntabwo ashakira ubutabera ababyeyi ndetse n’inzirakarengane zitegereje kurenganurwa.

Adolphe Muzito ni umwe mu batemera ko Tshisekedi yatsindiye kuba Perezida w’iki gihugu, akaba ari mu bagize ihuriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya LAMUKA rihuriwemo na Moà¯se Katumbi, Martin Fayulu na Jean Pierre Bemba.

Uretse no kutumva neza umusaruro wavuye mu matora kwa bamwe nka Fayulu na Muzito, iri huriro ntiryigeze rivuga kimwe n’ishyaka rya CACH rya Tshisekedi ku mpamvu y’umwanzuro yafashe wo gusangira imyanya y’ubuyobozi; cyane nk’Inteko Ishinga Amategeko yiganjemo abo mu ishyaka rya FCC.

Amatora ya Perezida w’iki gihugu yavaye ku wa 30 Ukuboza 2019, muri Mutarama Tshisekedi atangazwa ko yayatsinze. Yemeye gusangira imyanya y’ubuyobozi n’ishyaka FCC rya Kabila; ribona imyanya 342 muri 485 mu nteko ishinga amategeko na 42 muri 65 ya guverinoma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *