Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, kirashinja umutwe witwaje intwaro wa M23 ngo “ufashwa n’u Rwanda” kwerekeza ibitero ahari ingabo z’u Burundi zimaze umunsi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rw’igisirikare, Lt Col. Ndjike Kaiko kuri uyu wa 6 Werurwe 2023, agaragariza amahanga ko M23 itari kubahiriza icyemezo cyo guhagarika imirwano.
Lt Col. Kaiko mu itangazo ryatambutse ku rubuga rw’ibiro by’intara, yagize ati: “FARDC yamaganye kwanga guhagarika imirwano kwa M23/RDF byagabye ibitero kuri uyu wa 6/3/2023 byibasira ingabo z’u Burundi zo muri EAC, inkambi y’abahunze ya Mubambiro n’inkegero zayo. Igitero cya Mortar 82 na 120 cyangije byinshi.”
Ku rundi ruhande ariko, M23 ibinyujije mu Muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ihuriro rya FARDC, FDLR, Nyatura, APCLS, PARECO, NDC-R, Mai Mai n’abacancuro ari ryo ryanze kubahiriza icyemezo cyo guhagarika imirwano, rigaba ibitero ku birindiro byayo.
Kanyuka yagize ati: “Ku munsi ubanziriza uwo guhagarika imirwano, ingabo zigize ihuriro rya Leta ya Kinshasa, FARDC, FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO, NDC-R, MAI-MAI n’abacancuro ryafashe icyemezo cyo gutesha agaciro umuhate w’abayobozi b’abarere, rigaba ibitero ku birindiro byose bya M23.” Muri ubu butumwa yatangaje mu masaa mbiri y’igitondo, yongereyeho ngo “Imirwano irakomeje…”
Impande zombi zishinjanya kugabanaho ibitero mu gihe kuri uyu wa 7 Werurwe 2023, hashingiwe ku byemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu barimo umuhuza Perezida João Lourenço washyizweho n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, zisabwa guhagarika imirwano.


