Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kiratangaza ko cyabashije gufata uwihaye ipeti rya general ukuriye inyeshyamba z’Umutwe wa Maà¯-Ma௠Banabateseke , wafatiwe i Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umuvugizi w’Ibikorwa bya Sokola 1, Capt. Antony Mualushayi yagize ati: “Iyi mirwano yabaye ku wa Gatatu, itariki ya 7 Gashyantare 2024, ubwo inyeshyamba zageragezaga gufata intwaro y’umusirikare usanzwe.
Nyuma y’iminota mike yo kurasana, igisirikare cyashoboye gufata abarwanyi batatu, barimo umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba, uwiyise General Kambale Ngendo Nathanaà«l. FARDC yafashe kandi intwaro yo mu bwoko bwa AK 47 n’amacumu menshi. ”
Iyi mirwano ngo yabereye i Malihi, ku muhanda wa Butembo-Isale, muri Teritwari ya Beni nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ikomeza ivuga.
Ngo amakuru atandukanye ava aho agera kuri iki kinyamakuru aravuga ko bariyeri zose zari zashinzwe n’inyeshyamba za “ Maà¯-Ma௠Banabateseke” ku muhanda Butembo-Isale zavanweho n’abasirikare ba FARDC bari muri Operation Sokola 1.



One Response
FARDC irigamba gufata General Ngendo washinze umutwe wa Maï-Maï Banabateseke
Iyo ni Filme bari gukina arko?unuse barashaka kwereka amahanga ko badakorana nimitwe yinyeshyamba