wazalendo_bifatanya_na_rdc_kugaba_ibitero_ku_basivili_harimo_ibyibasira_abanyamulenge-89db8

FARDC na Wazalendo barwaniye mu wundi mujyi wo muri Kivu y’Amajyepfo

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo bafatanya urugamba, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 bongeye gusubiranamo.

Impande zombi zarwaniye mu mujyi wa Baraka wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uyu mujyi ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zawuhungiyemo, nyuma yo gutsindirwa mu mirwano yatangiye mu cyumweru gishize yasize AFC/M23 yigaruriye ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, birimo n’umujyi wa Uvira wa kabiri munini kurusha indi muri iyo ntara.

Amakuru avuga ko Wazalendo na FARDC barwanye, nyuma y’uko izo nyeshyamba zigerageje kwambura intwaro ingabo za Leta.

Kugeza ubu ntiharamenyekana umubare w’ababa baguye muri iyo mirwano.

Impande zombi zatangiye kurwanira muri Baraka, mu gihe ubwo zari zikigenzura Umujyi wa Uvira zakunze kuwuhanganiramo bya hato na hato.

Muri iki cyumweru impande zombi zarwaniye mu gace ka Sange gaherereye muri Teritwari ya Uvira, hapfa abarenga 30.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *