about69a47feaf2c64

FARDC yakomeje kurasa mu bice bituwe cyane i Minembwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, iitariki 29 Werurwe 2026 hagati ya saa 20h45 na 7h00 za mugitondo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 30 Werurwe 2026, ihuriro rya Kinshasa ryateye ibisasu bitarobanura hakoreshejwe drone z’ubwiyahuzi, byibasira nkana uduce dutuwe cyane twa Mikenke na Gakenke mu misozi ya Minembwe.

Itangazo rya AFC/M23 rivuga ko “ibi bitero ni ukurenga ku buryo bukabije amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu. Byongeye kandi, saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba ku itariki ya 29 Werurwe 2026, iryo huriro ryinjiye mu mujyi wa Shanji utuwe cyane muri Teritwari ya Kalehe iherereye muri Kivu y’Amajyepfo, aho ryishe abaturage b’inzirakarengane barindwi rikomeretsa abandi barenga 20”.

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ubu bwicanyi buheruka bwiyongera ku bundi bumaze gukorwa kandi bugaragaza umugambi ugaragara wo kubiba iterabwoba mu baturage. “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwanga nkana gushyira mu bikorwa ibyo bwiyemeje ubwabwo”.

Mu kurenga ku nshingano z’inshingano zayo, ngo leta ya Kinshasa ikomeje gufatanya n’abagize umutwe wa FDLR ikanabashyira mu nzego zitandukanye, bikaba bigaragaza umugambi uteye isoni wo guhungabanya umutekano n’iterabwoba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *