Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, cyatanze impuruza nyuma y’aho abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 bavuye mu birindiro bari bafite mu gace ka Kibumba.
Tariki ya 23 Ukuboza 2022, abarwanyi ba M23 bayobowe na Colonel Nzenze Imani ni bwo bavuye ku mugaragaro muri Kibumba. Ni igikorwa cyitabiriwe n’abarimo umuyobozi w’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziba muri RD Congo, Lt Gen. Jeff Nyagah.
Ni igikorwa M23 isobanura ko yakoze mu rwego rwo kubahiriza imyanzuro y’amahoro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari, i Luanda muri Angola tariki ya 23 Ugushyingo 2022.
Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, kuri uyu wa 24 Ukuboza yamenyesheje Abanyekongo n’amahanga ko aho kugira ngo abarwanyi ba M23 basubire mu gice cya Sabyinyo nk’uko babisabiwe mu nama y’i Luanda, bagiye gukomeza ibirindiro bahozemo birimo Tongo.
Ekenge yagize ati: “Abaterabwoba ba M23/RDF bavuye muri Kibumba, bafashe ikindi cyerekezo bajya gukomeza ibirindiro bya Tongo, Kishishe na Bambo, bafite umugambi wo gufata teritwari ya Masisi.”
Uyu musirikare avuga ko kuba abarwanyi ba M23, yemeza ko bifatanya n’ingabo z’u Rwanda (RDF), baravuye muri Kibumba bitaragaraza ko bafite ubushake bwo kurekura ibice bafashe, ahubwo ngo bafite umugambi wo kuyobya uburari.



One Response
FARDC yatanze impuruza nyuma y’aho abarwanyi ba M23 bavuye muri Kibumba
Mzee unazeheka wewe ivi wakukutia ku front unaweza kukimbia kweli.nenda uka pumzike hauwezi ku pigana na Afande nzenze navidjana wake.
Ita Tchilombo asukume silaa kwa M23 ili wasonge vizuri mpaka kinshasa ayiwe.tizama Madjeshi wa Kenya wana simama vizuri reka babakorane bene Makenga barakwirahira