Gk9iYk-WAAEbhXV

FARDC yavuze ku makuru y’uko yatangiye guhungishiriza intwaro zayo ziremereye i Bujumbura

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyahakanye amakuru avuga ko cyatangiye guhungisha intwaro zacyo ziremereye kizivana mu mujyi wa Uvira zijyanwa i Bujumbura mu Burundi.

Amakuru avuga ko FARDC yatangiye guhungisha izi ntwaro nyuma yo kumenya ko isaha n’isaha M23 ishobora kwigarurira umujyi wa Uvira imaze igihe igose bikarangira izifashe.

FARDC ibinyujije muri lieutenant Mbuyi Kalonji Reagan uvugira ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bizwi nka OpĂ©ration Sukola 2 Sud Sud-Kivu, yavuze ko nta gikuba cyigeze gicika mu ngabo za RDC, yaba mu ziri muri Teritwari ya Uvira, Fizi na Mwenga.

Mu itangazo yasohoye yavuze ko “FARDC, ingabo zayo n’ibikoresho byazo ntabwo byigeze biva na santimetero n’imwe muri za Teritwari za Uvira, Fizi, Mwenga no mu nkengero zaho. Imgabo z’inkoramutima ziracyafite ukwiyemeza, kandi ziri mu cyiciro gikomeye cyo guhangana n’iri tegeko mu gihe habaho ukwica agahenge.”

Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo yaboneyeho gusaba abaturage gutuza, bakirinda guha umwanya ibyo yise ibinyoma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *