FARDC yemeje ko hari abasirikare bayo M23 yishe, igaragaza impungenge ku ntwaro zakoreshejwe

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FARDC cyemeje ko abasirikare bacyo 2 bapfiriye mu gitero ishinja umutwe witwaje intwaro wa M23 kugaba mu gitondo cy’uyu wa 6 Kamena 2022, abandi 5 barakomereka.

Iyi mibare yatangajwe n’Umuvugizi wa Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Brig. Gen. Sylvain Ekenge mu itangazo yasohoye mu kanya gashize.

Bitandukanye n’ibyo M23 yatangaje mu gitondo ko FARDC ari yo yayigabyeho ibitero, Gen. Ekenge we yavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe witwaje intwaro bazindutse barasa ibisasu by’imbunda za Cannon ku birindiro by’ingabo za Leta.

Yagize ati: “FARDC iramenyesha abo mu gihugu no mu mahanga ko mu gitondo cya kare cy’uyu wa 6 Kamena 2022, abaterabwoba ba M23 barashe ibisasu bya Canon ku nkengero z’ibirindiro bya FARDC muri Bugusa, gurupoma Joma muri teritwari Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru. Ku ruhande rwa FARDC hapfuye abasirikare 2, hakomereka batanu.”

Gen. Ekenge yasobanuye ko FARDC ubwo yagabwagaho iki gitero itasigaye yipfumbase, ahubwo ko na yo yahise irasa ku birindiro bya M23 kugeza mu masaha y’igitondo cy’uyu munsi.

Aremeza kandi ko kuba M23 yakoresheje Cannon zirasa kure bigaragaza ko ishyigikiwe n’inshuti y’igihe kirekire. Ati: “Ikoreshwa rya Canon zirasa kure rihamya ko M23 ikura ubufasha ku nshuti y’igihe kirekire.”

Iyi mirwano yubuye nyuma y’icyumweru hari agahenge. Ibaye nyuma y’aho akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano gasabye impande zombi kujya mu biganiro, no mu gihe impuguke mu ngabo z’ibihugu 5 muri 7 bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) bari mu nama i Goma guhera ku wa 4 Kamena.

Izi mpuguke ziri kwiga ku buryo mu burasirazuba bwa RDC hakoherezwa umutwe w’ingabo zajya kurwanya imitwe yitwaje intwaro yanze kuzirambika nyuma yo kubisabwa n’abakuru b’ibihugu bateraniye i Nairobi ku wa 21 Mata 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *