Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), arinubira kuba umutwe witwaje intwaro wa M23 ugifite umujyi wa Bunagana, unashaka no gufata igice cya Rumangabo.
Ubutumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 4 Kanama 2022, buragaraza ko Fayulu atishimiye kuba abarwanyi ba M23 bamaze ukwezi n’igice batarava muri Bunagana, na Leta ntigire icyo ibikoraho.
Yagize ati: “Bunagana iracyari mu maboko ya M23. Aba bafashwa n’u Rwanda baritegura gufata Rumangabo. Ni iki Leta ivuga kuri aba barwanyi?”
Uyu munyapolitiki abona bikigoranye ko igisirikare cya RDC cyakora ibikorwa nk’icyo gukura M23 muri Bunagana, mu gihe kitaravugururwa. Ati: “Tureke uburangare. Igisirikare cyacu gikwiye kuvugururwa, kihagabwa ubushobozi bukenewe bwo kurinda ubutaka bwacu.”
M23 yafashe Bunagana tariki ya 13 Kamena 2022. Kuri uyu wa 3 Kanama yarwaniye n’ingabo za Leta muri Rumangabo, aho bivugwa ko yashakaga kuzirukana mu birindiro byazo bikuru biri muri Pariki ya Virunga.



4 Responses
Fayulu yinubiye kuba M23 igifite Bunagana, ishaka na Rumangabo
Fayulu ubanza ari umukomediye. Nashaka yiyunge na M23 kuko agiye mu byo kwinubira M23 umutima wazamuhagararana. Yigire kuri Kabila Fils wicecekeye. Ese ba bandi bigaragambyaga I Goma ko batagikoma bageze he? U Rwanda rugwa neza nibaduhungiraho turabakira.kuko M23 irakomanga ku muryango wa Goma.
Fayulu yinubiye kuba M23 igifite Bunagana, ishaka na Rumangabo
Fayulu ubanza ari umukomediye. Nashaka yiyunge na M23 kuko agiye mu byo kwinubira M23 umutima wazamuhagararana. Yigire kuri Kabila Fils wicecekeye. Ese ba bandi bigaragambyaga I Goma ko batagikoma bageze he? U Rwanda rugwa neza nibaduhungiraho turabakira.kuko M23 irakomanga ku muryango wa Goma.
Fayulu yinubiye kuba M23 igifite Bunagana, ishaka na Rumangabo
ntabwo m23 itezegufata goma kuko niyibesha twe abaturage tuzirwanira.naho leta yananirwa Imana izabidufashamo.
Fayulu yinubiye kuba M23 igifite Bunagana, ishaka na Rumangabo
ntabwo m23 itezegufata goma kuko niyibesha twe abaturage tuzirwanira.naho leta yananirwa Imana izabidufashamo.