Mu nyandiko ya Me Gatera Gashabana, wunganira Paul Rusesabagina avuga ko umukobwa w’umukiliya we witwa Carine Kanimba hari umuntu umwandikira wiyita ‘Hamiss Mjinya’ uvuga ko arinda Se, wemeza ko adafungiye muri gereza ya Nyarugenge, amakuru yamaze kugwa mu gutwi k’Urwego rushinzwe Iperereza muri Amerika, (FBI). Ibi biri mu ibaruwa Gashabana yandikiye urugereko ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka rwa ruri i Nyanza. Ni inyandiko yatangajwe n’umuryango wa Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation. Uwo ‘Hamiss Mjinya’ yabwiye Carine Kanimba ko se afungiye muri gereza ya gisirikare hamwe na ‘Sankara’ na Herman Nsengimana aho kuba i Mageragere nk’uko rubanda ibizi. Iyi nyandiko ivuga ko Kanimba atajya asubiza ubutumwa bw’uwo muntu kandi yabweretse urwego rw’iperereza rw’imbere muri Amerika. Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda (RCS), Uwera Pelly Gakwaya, mu nyandiko, yasubije BBC ko ntahandi uregwa afungiye, ati: “Rusesabagina afungiye muri Gereza ya Nyarugenge – Mageragere”. Uyu munyamategeko asaba urwo rukiko gutegeka ukuriye Gereza ya Nyarugenge gukora iperereza ku bivugwa n’uriya wiyita ‘umurinzi wa gereza’ ku buryo Rusesabagina afunze, agaha raporo urwo rukiko. Gashabana asaba ko Rusesabagina arekurwa Gashabana kandi yasabye urukiko kurekura uwo yunganira nk’indishyi y’uko uburenganzira bwe bubangamiwe, nk’uko abivuga. Muri iyo baruwa Gashabana avuga ko mu gifungo umukiliya we arimo, yambuwe uburenganzira burimo kwivuza, kunganirwa n’abo ahisemo, gufatirwa kw’inyandiko ze, kubuzwa uburenganzira bwo gufata ikaramu n’urupapuro n’ibindi. Mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, umuvugizi w’urwego rw’amagereza yabwiye BBC ko Rusesabagina ahabwa ubuvuzi byihariye kubera umuvuduko w’amaraso agira, kandi ahabwa uburenganzira bwose buhabwa izindi mfungwa. Gashabana we avuga ko umukiliya we adafite ibyangombwa n’amakuru arambuye ku byo aregwa ngo abashe kwitegurira urubanza mu mizi. Ni mu gihe biteganyijwe ko urubanza rwa Rusesabagina rutangira kuburanishwa mu mizi mu cyumweru gitaha. Asaba ko itariki ya 26/01/2021 iteganyijweho gutangira urubanza ivanwaho. Gashabana asaba ko niba Rusesabagina atarekuwe Gereza ya Nyarugenge iha urwo rukiko raporo ku buzima bwe bitarenze iminsi irindwi, agasubizwa ibye byafatiriwe, akanahabwa ibyangombwa bimufasha gutegura urubanza mu mizi. Rusesabagina aregwa ibyaha 13 bishingiye ku bitero byahitanye abantu byagabwe n’umutwe wa FLN mu Rwanda, umutwe Rusesabagina yagiye aboneka mu mashusho avuga ko ashyigikiye, kandi yemeje mu rukiko ko yoherereje amafaranga.



8 Responses
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
uretse ko atariho afungiwe, ariko abaye ariho afungiwe yaba afite imana. gereza ya gisirikare ntaho ihuriye na MAGERAGERE mu bwiza. muzayisure, murebe abayifungiyemo.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
uretse ko atariho afungiwe, ariko abaye ariho afungiwe yaba afite imana. gereza ya gisirikare ntaho ihuriye na MAGERAGERE mu bwiza. muzayisure, murebe abayifungiyemo.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Gashabana ubwo adafunze se Ikibazo kiri he? Azamwunganira kdi afite uburenganzira bwo kujya aho ashatse.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Gashabana ubwo adafunze se Ikibazo kiri he? Azamwunganira kdi afite uburenganzira bwo kujya aho ashatse.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Gashabana ubwo adafunze se Ikibazo kiri he? Azamwunganira kdi afite uburenganzira bwo kujya aho ashatse.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Gashabana ubwo adafunze se Ikibazo kiri he? Azamwunganira kdi afite uburenganzira bwo kujya aho ashatse.
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Ndabemera cane
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Ndabemera cane