Ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya Espagne, yateye intambwe yo kwisubiza umunya-Argentine Lionel Messi wahoze ari Kapiteni wayo.
Iyi kipe nta gihindutse irashaka kwisubiza uyu munyabigwi wayo mu mpeshyi itaha, ubwo amasezerano ye na PSG azaba yarangiye.
Messi ni umukinnyi w’iyi kipe y’i Paris kuva mu mpeshyi ya 2021, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona ku mpamvu z’ubukene bwavuzaga ubuhuha muri iyi kipe.
Uyu mukinnyi watsindiye FC Barcelona ibitego byinshi mu mateka yayo yatandukanye na yo nta muhango wo kumusezeraho akorewe, ibyo abenshi mu bakunzi b’iyi kipe bafashe nko kumwima icyubahiro akwiriye.
Perezida Joan Laporta w’iyi kipe na we aheruka gutangaza ko yumva abereyemo Messi umwenda, gusa ashimangira ko ibya FC Barcelona na Messi bitigeze birangira burundu.
Aganira na ESPN yagize ati: “Sintekereza ko urugendo rwa Messi muri Barcelona rwarangiye. Ikindi ndatekereza ko ari inshingano zacu kugira ngo dutume urugendo rukomeza kuba rufunguye, ko rutigeze rufungwa.”
Perezida Laporta yakomeje avuga ko bikwiye ko Messi yakabaye yaratandukanye na FC Barcelona mu buryo butandukanye n’uko yayivuyemo.
Yunzemo ati: “Ndumva mubereyemo umwenda. Nka Perezida wa FC Barcelona, ndatekereza narakoze ibyo nagombaga. Ariko na none nka Perezida wa Barcelona, ndatekereza murimo umwenda.”
Ikinyamakuru SPORT cy’i Catalunya hagati aho cyatangaje ko FC Barcelona yatangiye gutekereza uko yakwisubiza Messi, ku busabe bw’umutoza Xavi Hernàndez.
Ni nyuma y’igihe uyu mutoza wakinanye na Messi muri FC Barcelona amusaba kuyigarukamo.
SPORT ivuga ko Messi azafata umwanzuro wa nyuma nyuma y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar mu mpera y’uyu mwaka.


