FC Barcelone yirukanye Ousmane Dembélé nyuma y’igihe yarayitesheje umutwe

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelone yo mu gihugu cya Espagne yirukanwe Umufaransa Ousmane Dembelé, nyuma y’igihe yarayishyize mu gihirahiro akanga kongera amasezerano.

Dembélé yari umukinnyi w’iyi kipe kuva mu mpeshyi ya 2017, ubwo yamuguraga miliyoni 145 z’ama-Euro (arenga Frw miliyari 145) imuvanye muri Borussia Dortmund yo mu gihugu cy’u Budage.

Amasezerano y’imyaka itanu Dembélé yari yarasinye kuri ubu asigaje amezi atandatu yonyine, dore ko azarangira mu mpeshyi y’uyu mwaka.

FC Barcelone yari imaze igihe mu biganiro n’abahagarariye Dembélé bigamije kumucira inzira yo kongera amasezerano, gusa impande zombi zari zarananiwe kugera ku bwumvikane kubera umurengera w’amafaranga abamuhagarariye bifuzaga.

Mu kwezi gushize Televiziyo yitwa TV3 yatangaje ko Ousmane Moussa Sissoko uhagarariye Dembélé yasabaga FC Barcelone ko kugira ngo umukiriya we yongere amasezerano agomba kugenerwa umushahara wa buri mwaka ungana na miliyoni 30 z’ama-Euro, yiyongeraho angana na miliyoni 15 ye ya Komisiyo ndetse n’umufuragiro wa miliyoni 30.

Ni amafaranga FC Barcelone yavugaga ko ititeguye kubona ahanini bitewe n’ibibazo by’ubukene imaze igihe ifite.

Amakuru avuga ko impamvu Agent wa Dembélé yakaga FC Barcelone uriya murengera w’amafaranga ari uko hari amakipe atatu bari kuganira yiteguye gutanga ibyo we n’umukiriya we bifuza.

Muri aya makipe bivugwa ko harimo Chelsea yo mu Bwongereza, Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Bayern Munich yo mu Budage.

Bijyanye no kuba FC Barcelone ibona ibyo kongerera uriya mukinnyi amasezerano bigoranye cyane, iyi kipe binyuze muri Mateu Alemany usanzwe ari Umuyobozi wayo ukuriye ibikorwa bya siporo yemeje ko Dembélé yirukanwe, ndetse akaba agomba kugurishwa bitarenze uku kwezi.

Yabwiye urubuga rwa FC Barcelona ati: “Biragaragara ko Dembélé adashaka gukomezanya na Barcelone. Ntabwo ashaka kuba mu bagize umushinga wacu. Twabwiye Dembélé ko agomba guhita agenda. Twitezwe ko Dembélé azagurishwa mbere ya tariki 31 Mutarama.”

Dembélé yirukanwe mu gihe umutoza Xavi Hérnandez, yaherukaga kubwira itangazamakuru ko niba uyu mukinnyi atongereye amasezerano akwiye kugenda.

Ati: “Ntawe nshaka kubahuka. Ubutumwa burasobanutse: Niyongere amasezerano cyangwa ashake uko yava mu kipe. Si ibintu byoroshye cyangwa bishimishije, ariko inyungu z’ikipe zikwiye kuza imbere.”

“Turi mu bihe bigoye, ibihe bikomeye. Rero niba atongeye amasezerano, ikipe ikwiye gushaka igisubizo. Ntidushobora kuba muri ibi bihe. Twategereje igihe kirekire. Mateu amaze amezi atanu ari mu biganiro na Agent wa Dembelé, bityo ntidushaka kongera gutegereza.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *