images

FDNB na M23 mu mirwano ikomeye muri Kasika, nyuma y’ihunga rya FARDC

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo baramukiye mu mirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kasika.

Kasika ni agace gaherereye muri Groupement ya Wamuzimu ho Teritwari ya Mwenga, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amasoko atandukanye yemeza ko mu mirwano yo kuri uyu wa Gatatu Ingabo z’u Burundi zisanzwe zifasha FARDC ku rugamba zarwanye zonyine, kuko ziriya ngabo za leta n’abarwanyi ba Wazalendo bahunze muri Gasika ku wa Kabiri tariki ya 25 Ugushyingo, nyuma yo gusiga bahasahuye.

Usibye Kasika, amakuru kandi avuga ko Ingabo za Leta ya Kinshasa zanamaze guhunga mu yindi Centre ikomeye ya Kamituga, yemwe n’i Mwenga mu mujyi.

Ingabo z’u Burundi zaramutse zirwanira na AFC/M23 muri Gasika, mu gihe izi nyeshyamba mu cyumweru gishize zigaruriye uduce dutandukanye duturanye na yo, turimo aka Kilungutwe.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *