Ingabo z’u Burundi zarasiye abarobyi babiri b’Abanyarwanda mu kiyaga cya Cyohoha, mu Karere ka Bugesera, barapfa.
Byabereye mu Mudugudu wa Kanombe, Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge w’akarere ka Bugesera, ku wa 15 Mata 2026.
Amakuru avuga ko mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu ari bwo bariya barobyi barashwe.
Abarashwe nk’uko Umuseke wabyanditse ni Ntegirizazejo Evariste w’imyaka 33 y’amavuko, na Sibomana Samuel w’imyaka 20 y’amavuko.
Aba bombi boherejwe ku kigo nderabuzima cya Nyarugenge bahita bahabwa ‘transfer’ ibajyana ku bitaro bya ADEPR Nyamata, ariko baza gupfa.
Amakuru avuga ko hanakomeretse abandi bantu batatu barimo n’umugore.
Ntacyo igisirikare cy’u Burundi kiratangaza ku mugaragaro kimwe n’icyo mu Rwanda kuri biriya byabaye.


